• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

RIB yinjiye mu kibazo cy’umuntu wavuze ko Julienne Kabanda ari intumwa ya Satani ku Isi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 29, 2025
in Amakuru
0
RIB yinjiye mu kibazo cy’umuntu wavuze ko Julienne Kabanda ari intumwa ya Satani ku Isi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Nyuma yuko uwiyita Bakame ku rubuga nkoranyambaga rwa X atangaje ubutumwa buvuga nabi Umukozi w’Imana, Pasiteri Julienne Kabanda Kabirigi, akamwita ‘Intumwa ya Satani ku Isi’, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rwatangiye gusuzuma iby’ubu butumwa niba burimo ibigize ibyaha.

Uwiyita Bakame kuri X, yanditse ubutumwa kuri uru rubuga nkoranyambaga agira ati “Reka mwite intumwa ya Satani ku Isi Mama w’ikinyoma. Uyu ni mushiki wa Apostle Gitwaza mu kwitwaza Ijambo ry’Imana bagatuburira Abanyarwanda, uwampuza na we isi yose itureba nkamubaza ikibazo 1 cyo muri Bibiliya abeshya ko yigisha.”

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ni ubutumwa benshi bamaganiye kure, bagaya uyu muntu wanditse ubutumwa bwibasira uyu mukozi w’Imana uri mu bakurikirwa na benshi mu Rwanda muri iki gihe.

Bamwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyamaba, banasabye ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ko rwabyinjiramo, rugakurikirana ibyatangajwe n’uyu muntu hakiri kare kuko byumvikanamo ingengabitekerezo mbi.

Uwitwa Bugingo Celius yagize ati “RIB na Murangira B. Thierry Banyakubahwa turabasaba kujya mukumira kuko ibi bintu bigize icyaha, kandi harimo no gukurura amacakubira, no kwibasira abantu ukoresheje imbuga nkoranyambaga. Niba umuntu atinyuka akita undi intumwa ya Satani mu ruhame, birakomeye.”

Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry yavuze ko nyuma yuko hari abantu benshi bakomeje gusaba ko iby’ubu butumwa byakurikiranwa, hatangiye gukorwa isesengura kuri ubu butumwa, kugira ngo harebwe niba hari impamvu zatuma uwabwanditse abiryozwa imbere y’Inkiko.

Yagize ati “Biracyasuzumwa n’ishami rishinzwe gusesengura ibikorwa cyangwa amagambo bikekwa ko agize icyaha, byakorewe ku mbuga nkoranyambaga, rireba icyo amategeko ateganya, niba ibyo yatangaje bigize icyaha gikurikiranwa muri RIB.”

Dr Murangira yavuze kandi ko hanasuzumwa niba haramutse hagaragayemo ibyaha, niba byakurikiranwa na nyiri ubwite uvugwa muri buriya butumwa cyangwa bikaba byakurikiranwa n’urwego rubifite mu nshingano. Ati “Ikizavamo (mu gusuzuma) ni cyo kizashingirwaho hafatwa umwanzuro.”

Ubu butumwa bwanditswe n’uwiyita Bakame, nyuma yuko uyu mukozi w’Imana Julienne Kabirigi Kabanda akoze igitaramo cy’iminsi itatatu cyiswe ‘Thanksgiving’, cyitabiriwe na benshi

Previous Post

Rutsiro FC yahagaritse umutoza n’umuzamu kubera gitsindwa na APR FC

Next Post

Gasabo: Umukozi ushinzwe ubugenzuzi bw’imyubakire yatawe muri yombi

Next Post
Gasabo: Umukozi ushinzwe ubugenzuzi bw’imyubakire yatawe muri yombi

Gasabo: Umukozi ushinzwe ubugenzuzi bw’imyubakire yatawe muri yombi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved