• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

RIB yataye muri yombi Umunyamakuru wigize umwavoka akajya kuburanira umuntu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 31, 2025
in Amakuru
0
Nyanza: Umukozi ukora mu Karere arafunzwe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi umunyamakuru ukekwaho kwiyita umwunganizi mu mategeko agasaba umugore ufite umugabo ufunzwe amafaranga ngo azamwunganire mu mategeko.

Uyu munyamakuru yatse amafaranga umugore w’umugabo ufunzwe akekwaho icyaha, amwizeza ko azamwunganira mu mategeko, uwo mugore arayamuha.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Nyuma umunyamakuru yaje guhamagara kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango, ateguza ko azaza kunganira uwo yise umukiliya we, anajya kunganira wa mugabo wari ufunze.

Mu gihe yari atangiye kunganira uwo yise umukiliya we, byaje kumenyekana ko atari umwunganizi mu mategeko ko ahubwo ari umunyamakuru, ahita afatwa arafungwa.

Mbere yo gufatwa, yoherereje ubutumwa abagenzacyaha bo kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihanga, abashyiraho igitutu anabategeka kurekura uwo yise umukiliya we.

Kuva ku wa 30 Nyakanga 2025, uyu munyamakuru afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango mu Karere ka Rutsiro.

Akekwaho kwiyitirira umwuga w’ubwavoka no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

RIB yasabye abantu kwirinda kwishora mu bikorwa nk’ibi kuko bihanwa n’amategeko.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Ibikorwa nk’ibi birashoboka kubyirinda. Abaturarwanda bazirikane ko utakora ibikorwa nk’ibi ngo wumve byaguhira, kuko inzego zirwanya ibyaha ziri maso kandi zifite ubushobozi n’ubushake bwo kubirwanya.”

Itegeko riteganya ko uwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya aba akoze icyaha.

Iyo agihamijwe n’urukiko akatirwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze itatu n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko itarenze miliyoni 5 Frw.

Ni mu gihe kwiyitirira urwego rw’umwuga, impamyabushobozi, impamyabumenyi cyangwa ubushobozi buhabwa umuntu wujuje ibyangombwa, bihanishwa igifungo kitari munsi y’ukwezi ariko kitarenze amezi atandatu n’ihazabu itarenze miliyoni 1 Frw cyangwa kimwe muri ibi bihano.

Previous Post

Rubavu: Akarere kashyize umucyo ku kibazo cy’abaturage bavuga ko babuze isoko ry’amashu bakayagaburira amatungu

Next Post

Rutsiro: RIB yataye muri yombi umunyerondo wafatanyije n’abandi bagabo babiri gutobora iduka ry’umuturage

Next Post
Rutsiro: Umugabo yagwiriwe n’ibuye ahita apfa

Rutsiro: RIB yataye muri yombi umunyerondo wafatanyije n'abandi bagabo babiri gutobora iduka ry'umuturage

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved