Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwavuze ko hari abatekamutwe bahamagara abantu bakababwira ko amafaranga ayobye kuri konti zabo, bagamije kwambura abaturage, nyuma yo kubura icyo bakuraho umuturage bagatukana ibitutsi biteye ubwoba.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko abaturage badakwiye kwiyandarika ngo baganire n’abo batekamutwe kuko nta kiza babazanira. Yagize ati:
“Abo bantu baguhamagara bakakubeshya ko amafaranga ayobye kuri konti yawe, iyo bibananiye bakagutuka amagambo ateye ubwoba. Icyo gihe ntabwo ari ngombwa kubitaho, ahubwo uhita ubarekera, ukabima amatwi, ugahita ukupa.”
Dr. Murangira akomeza avuga ko hari abaturage bajya gutanga ibirego kuri RIB bavuga ko batutswe, ariko akabasaba kumenya ko icyo abo bantu baba bagamije ari amafaranga. “Hari abavuga ngo batutswe, ariko mu by’ukuri icyo baba bahangayikishijwe nacyo ni amafaranga yabo. Niyo mpamvu bakangurira buri wese kugira amakenga, kuko iyo witwararitse ntawe ugutwara amafaranga cyangwa ngo akugireho ubundi buryo bwo kugutera ubwoba,”
RIB isaba abaturage kwirinda kuganira n’aba batekamutwe, ahubwo bakihutira kubareke no kubamenyesha inzego zibishinzwe. Yongeraho ko abakomeje gukoresha ubu buriganya bazafatwa bagahanwa n’amategeko.
Uru rwego rurasaba aba bantu kureka ibikorwa byo kwambura abaturage, ahubwo bakishakira imirimo ibateza imbere mu buryo buboneye, kuko abazarenga ku mategeko bazakurikiranwa.




