• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

RIB yasabye abaturage kureka gutukana ibitutsi biteye isoni n’abatekamutwe

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 21, 2025
in Amakuru
0
RIB yasabye abaturage kureka gutukana ibitutsi biteye isoni n’abatekamutwe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwavuze  ko hari abatekamutwe bahamagara abantu bakababwira ko amafaranga ayobye kuri konti zabo, bagamije kwambura abaturage, nyuma yo kubura icyo bakuraho umuturage bagatukana ibitutsi biteye ubwoba.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko abaturage badakwiye kwiyandarika ngo baganire n’abo batekamutwe kuko nta kiza babazanira. Yagize ati:

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

“Abo bantu baguhamagara bakakubeshya ko amafaranga ayobye kuri konti yawe, iyo bibananiye bakagutuka amagambo ateye ubwoba. Icyo gihe ntabwo ari ngombwa kubitaho, ahubwo uhita ubarekera, ukabima amatwi, ugahita ukupa.”

Dr. Murangira akomeza avuga ko hari abaturage bajya gutanga ibirego kuri RIB bavuga ko batutswe, ariko akabasaba kumenya ko icyo abo bantu baba bagamije ari amafaranga. “Hari abavuga ngo batutswe, ariko mu by’ukuri icyo baba bahangayikishijwe nacyo ni amafaranga yabo. Niyo mpamvu bakangurira buri wese kugira amakenga, kuko iyo witwararitse ntawe ugutwara amafaranga cyangwa ngo akugireho ubundi buryo bwo kugutera ubwoba,”

RIB isaba abaturage kwirinda kuganira n’aba batekamutwe, ahubwo bakihutira kubareke  no kubamenyesha inzego zibishinzwe. Yongeraho ko abakomeje gukoresha ubu buriganya bazafatwa bagahanwa n’amategeko.

Uru rwego rurasaba aba bantu kureka ibikorwa byo kwambura abaturage, ahubwo bakishakira imirimo ibateza imbere mu buryo buboneye, kuko abazarenga ku mategeko bazakurikiranwa.

Previous Post

Kigali: Amasiganwa y’Isi y’amagare atangiye ku buryo budasanzwe

Next Post

Kamonyi: Abaturage bashenguwe n’urupfu rw’umwana waguye mu cyobo

Next Post
Kamonyi: Abaturage bashenguwe n’urupfu rw’umwana waguye mu cyobo

Kamonyi: Abaturage bashenguwe n'urupfu rw’umwana waguye mu cyobo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved