• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

RGB yatanze gasopo kubafungiwe insengero nyuma bagashaka andi mayeri

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 19, 2025
in IMYIDAGADURO
0
RGB yatanze gasopo kubafungiwe insengero nyuma bagashaka andi mayeri
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwihanangirije bamwe mu bayobozi b’amadini n’amatorero, by’umwihariko abafungiwe insengero cyangwa bambuwe ubuzima gatozi nyuma bakajya gukorera ku mbuga nkoranyambaga, rubibutsa ko ayo makosa atazihanganirwa.

Ibi byagarutsweho mu nama yahuje RGB n’abahagarariye amadini n’amatorero, igamije kurebera hamwe uko hakumirwa ibyaha bifitanye isano n’iyezandonke, iterabwoba n’ikwirakwizwa ry’intwaro.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard, yavuze ko hari bamwe mu bayobozi b’amatorero bafashe icyemezo cyo kwimukira kuri internet nyuma yo gufungirwa insengero zabo, ariko abibutsa ko amategeko agenga ivugabutumwa akurikiranwa haba mu nyubako zisanzwe cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.

Yagize ati: “Hari abibwira ko kwimukira kuri internet ari uburyo bwo kwirinda gukurikiranwa, nyamara si ko bimeze. Amategeko abareba kandi twatangiye gushyiraho ingamba zo kubikumira. Uzarenga ku mategeko azabihanirwa.”

Ku rundi ruhande, Apôtre Mignone Kabera uyobora Noble Family Church na Women Foundation Ministries, yasabye abayobozi b’amatorero kudahungira kuri internet ahubwo bagashaka ibisubizo by’ibibazo byatumye insengero zabo zifungwa.

Yagize ati: “Aho guhungira ku mbuga nkoranyambaga, amatorero akwiriye gukora igenzura imbere mu matorero yabo. Urugero, niba hari paruwasi ijana zafunzwe, bakagabanya bagakorera mu nkeya ariko zifite ibyangombwa byose byuzuye, bityo ibikorwa bikajya mu murongo w’amategeko.”

Amabwiriza mashya yashyizweho na RGB asaba ko buri dini cyangwa torero ryerekana icyemezo cy’ubuyobozi bw’akarere cyangwa Umujyi wa Kigali, kigaragaza ko inyubako yagenewe ibikorwa byo gusenga yujuje ibisabwa n’amategeko agenga imyubakire.

 

Previous Post

Musanze: Umusore yiyahuye kubera amakimbirane yo mu muryango

Next Post

U Burundi ibyo buri gukora muri RDC bisa nko gusuka lisansi mu muriro – Olivier Nduhungirehe

Next Post
U Burundi ibyo buri gukora muri RDC bisa nko gusuka lisansi mu muriro – Olivier Nduhungirehe

U Burundi ibyo buri gukora muri RDC bisa nko gusuka lisansi mu muriro - Olivier Nduhungirehe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved