• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 15, 2025
in Uncategorized
4
REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), rwatangaje ko rwakoze amavugurura atandukanye mu burezi arimo ko kuva mu mwaka w’amashuri utaha wa 2025/26 abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangira amasomo saa mbili za mu gitondo aho kuba saa tatu nk’uko byari bisanzwe.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa REB, Mutezigaju Flora, yavuze ko izo mpinduka zizatangira kubahirizwa muri Nzeri uyu mwaka ubwo umwaka utaha w’amashuri uzaba utangiye.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Izo mpinduka zikubiyemo ko mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, kuva mu wa mbere kugeza mu wa gatatu abanyeshuri bazajya biga ingunga imwe aho kwiga ingunga ebyiri nk’uko byari bisanzwe hamwe na hamwe.

Mutezigaju ati “Kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu w’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza habayemo amavugurura akomeye kuko abarimu baratubwiraga ngo integanyanyigisho umwana ntiyazayirangiza. Amashuri menshi dufite yiga mu byo twita ingunga ebyiri kandi ntibabasha kwiga amasaha yose asabwa mu cyumweru.

“Twasanze kugira ngo tubone amasaha dukeneye ku munsi abana biga muri icyo cyiciro bagomba gutangira saa mbili za mu gitondo bakageza saa tanu na 40’ noneho nyuma ya saa sita batangire saa saba n’iminota icumi bageze saa kumi na 50’.”

Izo mpinduka kandi zirimo ihuzwa ry’amashami yigishwaga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye aho ayenda gusa yahurijwe mu mbumbe eshatu z’ingenzi harimo iy’Imibare na Siyansi irimo ibyiciro bibiri, Iy’Ubumenyamuntu ndetse n’iy’Indimi.

Aho harimo ko amashami ahuriye mu Butabire nka MCB, PCB na PCM azahuzwa abyare ikiswe Imibare na Siyansi Ikiciro cya Mbere noneho abigaga amasomo ahuriye ku Mibare nka MEG, MCE, MPC na MPG ahuzwe mu kiswe Imibare na Siyansi Ikiciro cya Kabiri.

Hazahuzwa kandi amashami y’Ubumenyamuntu azwi nka HGL na HLP abe imbumbe yiswe ‘Arts and Humanities’ mu gihe amasomo y’indimi na yo asanzwe arimo amashami abiri rimwe ryihariye Igifaransa irindi Igiswahili na yo azahuzwa bajye baziga zose uko ari Ikinyarwanda, Icyongereza, Igiswahili n’Igafaransa.

Izo mpinduka kandi ziteganya ko mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye nibura buri kigo cy’ishuri cyagira amashami abiri kugira ngo bizanatume abalimu bashobora kujya boherezwa ahari amasomo ajyanye n’ibyo bari basanzwe bigisha.

Umuyobozi Mukuru wa Lycée de Kigali, Mfura Jean yabwiye RBA ko izo mpinduka zari zikenewe mu myigishirize.

Yagize ati “Kuba hari abatigaga Imibare byatumaga badatekereza cyane. Ikindi ni uko hari ikibazo cyo kuvuga ngo abana basoza kwiga bazi Icyongereza, Igifaransa yewe n’Ikinyarwanda batakizi neza kandi mu gukora ibizamini by’akazi babikeneye. Ni byiza ko kandi Icyongereza bose bazajya bakibazwa mu kizamini cya Leta.”

Previous Post

Indonesia’s Largest Fleet Of Taxis Teams Up To Beat Ride-hailing Apps

Next Post

Akantu ku Kandi: Ingabire Victoire yahakanye ibyaha aregwa uko ari bitandatu

Next Post
Akantu ku Kandi: Ingabire Victoire yahakanye ibyaha aregwa uko ari bitandatu

Akantu ku Kandi: Ingabire Victoire yahakanye ibyaha aregwa uko ari bitandatu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved