Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi barwanira Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo abacancuro b’abanyamahanga, bagabye ibitero ku baturage n’ahantu abarwanyi b’iri huriro.
Aya makuru yatangajwe n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, kuri iki Cyumweru tariki 24 Kanama 2025, ubwo iri huriro ryatangazaga ko habaye ibitero.
Kanyuka yavuze ko AFC/M23 igaragariza imiryango mpuzamahanga ko abarwanyi b’uruhande rwa Leta ya Congo bakomeje kwica no gusahura, nubwo hari amasezerano yo guhagarika intambara.
Yagize ati: “Kuva saa sita z’uyu munsi, abarwanyi b’abanyamahanga bagabye ibitero mu bice bituwe cyane bya Kadasomwa n’ahandi , ndetse no ku birindiro byacu.”
Yongeraho ko ibi bitero byatumye benshi bakirukanwa mu byabo kubera ibitero by’indege zitagira abapilote zakozwe n’abo barwanyi.
Lawrence Kanyuka yavuze ko AFC/M23 izakomeza kurinda abaturage b’abasivile no guhashya abateza umutekano muke, aho bibaye hose.
Yakomeje avuga ko ubutegetsi bwa Congo bukomeje gukoresha abacancuro n’ubwo hari bamwe mu bo bafashe muri iyi mirwano bagiye bafungurwa nyuma yo kugira uruhare mu byaha bikomeye.
Ati: “Bitandukanye n’ibyabereye i Goma aho abacancuro benshi bemerewe gusubira iwabo nyuma yo kwica abaturage, ibikorwa nk’ibi ntibizatuma umutekano ugaruka.”
Mu mpera za Mutarama uyu mwaka, M23 yafashe abacancuro barenga 300 bakomoka muri Romania, bari bagize uruhare mu kurwanya iryo huriro ubwo M23 yafataga umujyi wa Goma.




