• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

RDC: Umusifuzi yakubiswe nk’izakabwana azizwa ko yirengagije penaliti

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 20, 2025
in Amakuru
0
RDC: Umusifuzi yakubiswe nk’izakabwana azizwa ko yirengagije penaliti
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umusifuzi Jean-Pierre Kabangu wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakubiswe ku buryo bukomeye n’abafana ba Olympique Club élites du Congo nyuma yo kwirengagiza penaliti mu mukino wabahuzaga na FC MK Etanchéité.

Ku wa Kane, tariki ya 19 Kamena 2025, ni bwo kuri Stade Tata Raphaël haberaga umukino w’ijonjora rya gatatu w’igikombe cyitiriwe Perezida (Coupe du Président).

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Wari umukino ukomeye ku makipe yombi, dore ko yageze muri iki cyiciro nyuma yo gusezerera amakipe akomeye arimo AS Vita Club na Daring Club Motema Pembe mu ijonjora rya kabiri.

Umukino ugeze ku munota wa 75, Biduaya Lusamba yatsinze igitego cya mbere cya FC MK Etanchéité, gituma iyobora uyu mukino wari urimo ishyaka ryinshi.

Ni igitego cyashoboraga kwishyurwa ku munota wa nyuma w’inyongera, ubwo myugariro wayo Lotanga Omalofungu yakoraga umupira mu rubuga rw’amahina, aho gutanga penaliti, umusifuzi Jean-Pierre Kabangu arayirengagiza.

Si ukutayemeza gusa, ahubwo yahise anasifura ko umukino urangiye bizamura uburakari ku bafana ba Olympique Club élites du Congo, biroha mu kibuga baramukubita.

Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, nta bashinzwe umutekano bari hafi ku kibuga, ahubwo bamwe mu bakinnyi ba FC MK Etanchéité n’abakozi ba Croix Rouge bari ku kibuga, ni bo bagerageje kwitambika baramutabara.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri RDC, ntabwo riragira icyo ritangaza kuri ibi bibazo by’umutekano muke wabaye ku kibuga.

Previous Post

MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

Next Post

Abarimu batazi icyongereza kagiye kubabaho

Next Post
Abarimu batazi icyongereza kagiye kubabaho

Abarimu batazi icyongereza kagiye kubabaho

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved