Nyuma y’igihe kinini avugwaho gutotezwa no gukurikiranwa kenshi n’inzego z’umutekano, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Seth Kikuni, yamaze kuva muri icyo gihugu mu buryo bwihariye, mu gikorwa kivugwa ko cyakozwe mu ibanga rikomeye kandi gisaba ubutwari budasanzwe.
Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa Mbere tariki ya 19 Mutarama, havuzwemo ko kuva muri Nzeri 2024, Kikuni yakunze guhura n’ingaruka z’itotezwa rya politiki, zirimo n’igihe yafashwe n’urwego rw’ubutasi (ANR) agafungirwa ahantu hatazwi iminsi 28.
Nyuma y’icyo gihe, byatangajwe ko yakatiwe igifungo cy’amezi 12 binyuze mu cyemezo cyatanzwe n’ubuyobozi bwa ANR.
Uyu munyapolitiki yongeye gufatwa ku wa 17 Ukwakira 2024 ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’Djili, i Kinshasa, ubwo yari agarutse aturutse i Nairobi, aho yari yitabiriye inama y’ihuriro rishya rya politiki ryitwa “Sauvons la RDC”, akaba yari yaratorewe kuyobora.
Kuva icyo gihe, pasiporo ye yarafatiriwe, kandi n’ubwo yakomeje kugerageza kuyisubizwa, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka (DGM) rwakomeje kubyanga.
Iri tangazo rikomeza ryemeza ko Seth Kikuni yamaze kuva muri RDC mu ibanga rikomeye, ndetse ubu ari ahantu hatekanye.
Ihuriro “Le Cadre de Concertation des Forces Politiques et Sociales” ni ryo ryashyize ahagaragara iri tangazo, rinashimira abantu bose bagize uruhare muri iki gikorwa, rivuga ko ari igikorwa cy’ubutwari cyakozwe mu nyungu z’umutekano n’uburenganzira bw’uyu munyapolitiki.




