Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje amabwiriza yihariye agenga ibikorwa byo kwakira abantu birimo utubari, utubyiniro na resitora, mu rwego rwo gushyigikira irushanwa mpuzamahanga ry’amagare rizabera mu Rwanda kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 27 Nzeri 2025.
Aya mabwiriza yatangiye kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 19 Nzeri 2025, akazarangira ku ya 28 Nzeri. Muri icyo gihe, ibikorwa byose by’ubucuruzi byo mu rwego rwo kwidagadura bizemererwa gukora kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am), mu gihe ubusanzwe bifungaga saa munani z’ijoro (2:00 am).
RDB isobanura ko iri tegeko ry’agateganyo ryashyizweho mu rwego rwo gucunga neza impinduka zishobora kuzanwa n’irushanwa, cyane cyane mu bijyanye no gukoresha imihanda, ndetse no korohereza abashyitsi n’abaturage bazitabira.
Uru rwego rwibukije ko nubwo hashyizweho aya mabwiriza, amabwiriza asanzwe agenga urusaku n’ikoreshwa ry’inzoga azakomeza kubahirizwa. Ntihazemewe kugurisha inzoga ku bantu bari munsi y’imyaka 18 cyangwa ku bantu basanzwe bigaragara ko basinze.
RDB yanibukije abakiriya ko kunywa mu rugero ari ngombwa, ndetse abasaba kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha. Yongeraho ko ku bufatanye n’izindi nzego za Leta, hazakorwa igenzura ryimbitse kugira ngo hagenzurwe iyubahirizwa ry’aya mabwiriza, kandi uzayarenza azahanwa hakurikijwe amategeko.
Iri siganwa rya UCI Road World Championships 2025, ribaye ku nshuro ya mbere ku mugabane wa Afurika, rizabera mu Mujyi wa Kigali. Mu rwego rwo kuryoroshya imitegurire n’imigendekere yaryo, ibikorwa bimwe byafashweho ibyemezo birimo no kuba amashuri yose yo muri Kigali azaba afunze mu cyumweru cy’irushanwa.




