• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yakubiswe urushyi n’umugore we

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 26, 2025
in Amakuru
0
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yakubiswe urushyi n’umugore we
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Amashusho akomeje kuvugisha benshi no kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru, yerekana Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, akubitwa urushyi n’umugore we Brigitte.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 25 Gicurasi 2025, ubwo Macron na Brigitte bamanukaga mu ndege bageze i Hanoi muri Vietnam, aho bagiye mu ruzinduko rw’icyumweru mu bihugu byo mu Burasirazuba bwa Asia.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Aya mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanye Brigitte asunika cyane n’ibiganza bye byombi mu maso ya Macron, asa nk’umukubise, mbere y’uko bafata inzira bamanuka indege.

Byatumye aya mashusho ahita akwirakwira hirya no hino bivugwa ko Macron yakubiswe n’umugore we. Bimwe mu binyamakuru byavuze ko aba bombi barimo gutongana.

Icyakoze ibiro bya Perezida i Paris byabanje kubihakana. Nyuma, ibitangazamakuru by’i Burayi byemeje ko ayo mashusho ari ukuri.

Inkuru y’uko Perezida Macron yakubiswe n’umugore we yatewe ibyatsi, ahubwo bitangazwa ko ibyabaye byari imikino barimo bikinira.

Abari hafi y’umuryango wa Perezida Macron bavuze ko bari barimo “gukina no gusabana”, bahakana amakuru avuga ko barimo gutongana.

Bongeyeho bati “Byari ibihe byo gusabana hagati yabo. Ntabwo ari ibintu bikomeye ku buryo byaha ababeshya urwaho rwo gukomeza kubyaza umusaruro ibihuha”.

Ubusanzwe Macron n’umugore we bakunze kugarukwaho cyane mu bitangazamakuru kubera itandukaniro riri hagati y’imyaka yabo aho Brigitte amurusha imyaka 24, ndetse akaba yarahoze ari umwarimu we.

Previous Post

Rubavu: Umumotari yishe umugenzi amuteye ibyuma

Next Post

Nyanza: Mu murima w’umuturage hatoraguwe imbunda izingiye mu mufuka

Next Post
Nyanza: Mu murima w’umuturage hatoraguwe imbunda izingiye mu mufuka

Nyanza: Mu murima w'umuturage hatoraguwe imbunda izingiye mu mufuka

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved