• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Siporo

Perezida wa UCI yasobanuye impamvu bahisemo ko shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare ibera mu Rwanda

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 24, 2025
in Siporo
0
Perezida wa UCI yasobanuye impamvu bahisemo ko shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare ibera mu Rwanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare ku Isi (UCI), David Lappartient, yatangaje ko intangiriro ya Shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare yabaye nziza cyane, kandi ko icyumweru cyose cy’irushanwa kizagenda neza.

Mu kiganiro na RBA, Lappartient yashimye cyane uburyo u Rwanda rwateguye iri rushanwa, abona ari intangiriro y’amateka kuri Afurika. Yavuze ko yishimiye uburyo abana n’abakuru bishimye, imyiteguro yitondewe, ndetse n’amashyirahamwe menshi yitabiriye.

Related posts

Leonidas Ndayisaba wari umenyerewe mu biganiro by’imikino hano mu Rwanda yagiye ku yindi Radio

Leonidas Ndayisaba wari umenyerewe mu biganiro by’imikino hano mu Rwanda yagiye ku yindi Radio

March 16, 2026
FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

FERWAFA yafashe umwanzuro ku kibazo cyateje impagarara ku mukino wa APR FC na Al-Merrikh

January 20, 2026

Ati:”Nabonye abantu bose bishimye, ibintu byiza gusa! Abayobozi nabo bashimye imyiteguro yihariye. Intangiriro zabaye nziza, kandi nizeye ko icyumweru cyose kizaba gihambaye.”

UCI yahisemo u Rwanda kubera impamvu ebyiri:

1. Kuri Afurika, iri rushanwa ryari ritarigera rihabera narimwe mu mateka yayo;

2. U Rwanda rurakunzwe mu mukino w’amagare, rufite ubuhanga n’ubuyobozi bushyigikiye uyu mukino, by’umwihariko Perezida Kagame.

Mu gihe ibihugu bya Afurika 54 byari byandikiwe gukoresha amahirwe yo kwakira iri rushanwa, gusa  ibihugu bibiri u Rwanda na Maroc nibyo byabisabye. UCI yagaragaje ko Tour du Rwanda, ibikorwa remezo byiza n’urukundo rw’abanyarwanda ku mukino w’amagare byatumye u Rwanda ruhabwa amahirwe.

Lappartient yanasabye ibindi bihugu bya Afurika gushyira imbaraga mu guteza imbere umukino w’amagare, kugira ngo nabo bazashobore kwakira amarushanwa akomeye no gutegura abakinnyi bashoboye.

Shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare iri kubera i Kigali guhera ku Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025. Ni inshuro ya mbere uyu mugabane wa Afurika uhabwa iri rushanwa mu myaka 125 UCI imaze ishinzwe, ndetse ni inshuro ya 98 iri rushanwa rikinwe.

Previous Post

Nyanza: Abana bakinishije Gerenade irabaturikana

Next Post

Namibia: Imbogo zirenga 80 zapfuye

Next Post
Namibia: Imbogo zirenga 80 zapfuye

Namibia: Imbogo zirenga 80 zapfuye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved