• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Perezida Paul Kagame yashenguwe n’urupfu rwa Raila Odinga

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 16, 2025
in Amakuru
0
Perezida Paul Kagame yashenguwe n’urupfu rwa Raila Odinga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida Paul Kagame yohereje ubutumwa bw’ihumure n’ubufatanye mu kababaro ku muryango wa Raila Odinga, nyuma y’urupfu rwa Raila Odinga.

Perezida Kagame yashimangiye ko Raila Odinga yari umugabo witanze cyane mu rugamba rwo gushimangira demokarasi no guharanira inyungu z’abaturage.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Raila Odinga, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba n’umwe mu bayobozi bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi, yitabye Imana afite imyaka 80 azize uburwayi, mu gitondo cyo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Ukwakira 2025, mu Buhinde.

Amakuru yatanzwe n’inzego z’umutekano z’aho muri icyo gihugu agaragaza ko Odinga yaguye ubwo yari yatemberanaga n’umukobwa we, mushiki we n’umuganga we mu mujyi wa Ernakulam, aho yahise ajyanwa kwa muganga agahita ashiramo umwuka.

Mu butumwa Perezida Kagame yanyujije ku rubuga rwa X ku wa 16 Ukwakira 2025, yavuze ati:

“Mu izina ry’Abanyarwanda ndetse nanjye ubwanjye, ndihanganisha umuryango wa Raila Odinga, Perezida w’inshuti yacu William Ruto n’abaturage ba Kenya bose.”

Yakomeje avuga ko ubuzima bwa Raila Odinga bwabaye urugero rw’ubwitange, gukunda igihugu no guharanira amahoro, ubutabera n’ubumwe bw’abatuye Kenya n’Afurika muri rusange. Yongeyeho ko u Rwanda ruri kumwe na Kenya muri ibi bihe bikomeye by’akababaro, kandi ko ibigwi bya nyakwigendera bizahora byibukwa.

Raila Odinga yari umwe mu banyapolitiki b’inararibonye ba Kenya, wamamaye kubera urugendo rwe rurerure rwa politiki rwaranzwe n’imbaraga n’ubwitange. Yabaye Minisitiri w’Intebe hagati ya 2008 na 2013, mu gihe cya guverinoma y’ubumwe yashyiriweho kunga igihugu nyuma y’amatora yari yakurikiwe n’imvururu.

Odinga, ukomoka mu bwoko bw’Aba Luo, yahatanye inshuro eshanu ku mwanya wa Perezida wa Kenya (1997, 2007, 2013, 2017, na 2022), ariko ntiyigeze atsinda na rimwe, akenshi yemeza ko amajwi ye yibwe. Urugendo rwe rwa politiki rwagiye rugaragaramo ibihe by’ubuhunzi, gufungwa ndetse n’imyigaragambyo.

Perezida wa Kenya, William Ruto, yatangaje iminsi irindwi y’icyunamo ku rwego rw’igihugu, asaba ko ibendera rya Kenya ryururutswa kugeza hagati mu kwibuka Raila Odinga. Yanasabye abayobozi bose guhagarika ibikorwa byari biteganyijwe muri iyo minsi, mu rwego rwo kwifatanya n’umuryango wa nyakwigendera n’igihugu muri rusange.

Urupfu rwa Raila Odinga rusigiye Kenya icyuho gikomeye, kuko yari umwe mu bantu bubashywe cyane kubera uruhare rwe mu guharanira demokarasi, ubutabera n’iterambere ry’igihugu cye.

Previous Post

Yaduhaye ubuzima bushya: Uko Ingabire Marie Immaculée yibukijwe mu muhango wo kumusezeraho

Next Post

Ubwinshi bw’abaturage bwahagaritse ibikorwa ku kibuga cy’indege i Nairobi kugira ngo basezere kuri Raila Odinga – Amafoto

Next Post
Ubwinshi bw’abaturage bwahagaritse ibikorwa ku kibuga cy’indege i Nairobi kugira ngo basezere kuri Raila Odinga – Amafoto

Ubwinshi bw'abaturage bwahagaritse ibikorwa ku kibuga cy’indege i Nairobi kugira ngo basezere kuri Raila Odinga - Amafoto

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved