• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Imikino

Perezida Kagame yahaye impanuro zikomeye abasirikare bashya binjiye mu Ngabo z’u Rwanda

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 3, 2025
in Imikino
1
Perezida Kagame yahaye impanuro zikomeye abasirikare bashya binjiye mu Ngabo z’u Rwanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Paul Kagame, yasabye abasirikare bashya binjiye mu Ngabo z’u Rwanda kwitwara neza mu nshingano bahawe, ashimangira ko bafite uruhare rukomeye mu kurinda igihugu no gukomeza kucyubaka gifite umutekano usesuye.

Ibi yabivugiye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Ukwakira 2025, ubwo yayoboraga umuhango wo guha ipeti rya Ofisiye no kwakira mu Ngabo z’u Rwanda abasirikare 1,029 basoje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, riherereye mu Karere ka Bugesera.

Related posts

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

Minembwe: FARDC yahagabye ibitero bihitana abagore n’abana

January 12, 2026
APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

APR FC yigaranzuye Rayon Sports iyitsinda idakozemo bituma yegukana igikombe

January 10, 2026

Aba basirikare bashya barangije mu byiciro bitandukanye birimo: 557 bize amasomo y’umwaka umwe, 248 bize amasomo y’igihe gito, 182 bize amasomo y’imyaka ine, ndetse na 42 bigiye mu mashuri ya gisirikare yo mu mahanga. Bose bahawe ipeti rya Sous-Lieutenant.

Perezida Kagame yashimiye umurava, ubushake n’ubwitange aba basirikare bagaragaje mu myitozo ikomeye banyuzemo, anashimira abatoza babateguye neza, ndetse n’ibihugu by’inshuti byagize uruhare mu mahugurwa bahawe.

Yanashimiye kandi ababyeyi n’imiryango y’abasirikare bashya ku kuba barashyigikiye icyemezo cyabo cyo kwinjira mu ngabo, umwuga yagaragaje nk’uw’icyubahiro.

Yibukije aba basirikare inshingano z’ingenzi bafite zo kurinda igihugu n’Abanyarwanda bose, ababwira ati:

“Ndabashimira ubushake ndetse ubu mwagize n’ubushobozi buhamye bwo kuzuza izo nshingano. Turifuza ko mwarinda Igihugu cy’u Rwanda n’Abanyarwanda n’abagituye… Inshingano mufite ni ukugira ngo Igihugu kigire umutekano uhagije kibe kitavogerwa n’abatagikunda n’abatagishaka.”

Umukuru w’Igihugu yabibukije ko gukora umurimo wo kurinda igihugu bisaba ubwitange, indangagaciro n’ikinyabupfura, anabashishikariza kutagwa mu mutego w’imico mibi.

Ati:

“Mwirinde ubusinzi, ibintu byo kunywa inzoga zikagutesha umutwe, iyo zaguteseje umutwe zigutesha n’imirimo, zigutesha na ya nshingano mwarahiriye. Ibiyobyabwenge, urumva ko ufite ubwenge bwayobye ntabwo aba acyuzuza inshingano.”

Yakomeje abibutsa ko ibyo bagezeho bitagomba gusubizwa inyuma n’imico mibi, ati:

“Ntabwo twakwifuza ko ibi byose mumaze kugeraho, aho mwigejeje, byaba impfabusa umunsi umwe kubera ko warushijwe imbaraga n’imico mibi yo gusinda, ibiyobyabwenge n’indi mico idakwiriye ubundi mu bantu.”

Perezida Kagame yabahaye impanuro ku guhangana n’ibibazo Isi igenda izana, abasaba gukomera ku nzira ibereye u Rwanda n’Abanyarwanda, ibyo bigeragezo byose bakazabitsinda kuko imyitozo banyuzemo ibateguye bihagije.

Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako, ryamaze imyaka 25 ritanga amasomo ku basirikare bo mu Rwanda no mu mahanga, ryakomeje kuba intangarugero mu gutegura abinjira mu ngabo ku rwego rwa Ofisiye.

Previous Post

Umwana na se baregwaga ubusambanyi bajuriye icyemezo cy’urukiko rugikubita

Next Post

Kayonza: Umusore yagiye gushaka ubwatsi bw’amatungo bamutera amabuye arapfa

Next Post
Kayonza: Umusore yagiye gushaka ubwatsi bw’amatungo bamutera amabuye arapfa

Kayonza: Umusore yagiye gushaka ubwatsi bw'amatungo bamutera amabuye arapfa

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved