• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Pariki y’igihugu y’Akagera ihataniye ibihembo mpuzamahanga

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 15, 2025
in Amakuru
0
Pariki y’igihugu y’Akagera ihataniye ibihembo mpuzamahanga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Pariki y’igihugu y’Akagera iri mu zihatanye mu bihembo bya ‘World Travel Awards’ bigamije guteza imbere ubukerarugendo.

‘World Travel Awards’ ni ibihembo mpuzamahanga bihabwa ibigo biri mu nzego zitandukanye mu bukerarugendo, birimo amahoteli, pariki n’ibyanya bibungabunzwe. Iby’uyu mwaka bizatangirwa muri Bahrain ku wa 9 Ukuboza 2025.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Pariki y’Igihugu y’Akagera ihatanye mu cyiciro Pariki nziza zigaragaramo inyamaswa z’inkazi.

Ihatanye na Kruger National Park yo muri Afurika y’Epfo, Chobe National Park yo muri Botswana, Gonarezhou National Park yo muri Zimbabwe, Nyerere National Park yo muri Tanzania na Serengeti National Park nayo yo muri Tanzania.

Kugira ngo Pariki y’Igihugu y’Akagera yegukane iki gihembo bisaba kubanza gutorwa binyuze ku rubuga rwa World Travel Awards. Amatora azarangira ku wa 4 Gicurasi 2025.

Pariki y’Akagera ifite ubuso bwa kilometero kare 1120. Ibarura ryakozwe muri Kanama 2023, ryagaragaje ko ibarizwamo inyamaswa zirenga ibihumbi 11.

Muri zo harimo inyamaswa eshanu zikomeye ku Isi zirimo Intare, Ingwe, Inzovu, Inkura n’Imbogo.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buvuga ko bimwe mu bituma abantu benshi bayisura harimo izi nyamaswa eshanu, kuba kuva i Kigali ugera muri Pariki y’Akagera byoroshye bitewe n’ibikorwaremezo, kuba Abanyarwanda bishyize hamwe bakajya kuyisura bagabanyirizwa ibiciro, umutekano, amacumbi yoroheje n’ayahenze ari hafi n’ibindi byinshi bitandukanye.

Mu 2023, iyi pariki yasuwe n’abantu 54.141 barimo Abanyarwanda 26.047, abanyamahanga 23.047 n’abanyamahanga batuye mu Rwanda 4534.

Previous Post

Nigeria: Umukinnyi yarase Penaliti abafana bamutera icyuma

Next Post

Biragoye kubyiyumvisha! Inkuru y’umubyeyi wabyaye umwana utari uwe yatangaje abatari bake

Next Post
Biragoye kubyiyumvisha! Inkuru y’umubyeyi wabyaye umwana utari uwe yatangaje abatari bake

Biragoye kubyiyumvisha! Inkuru y'umubyeyi wabyaye umwana utari uwe yatangaje abatari bake

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved