Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu ijoro ryo kuwa Gatandatu ubwo yari yitabiriye imurikwa rya filime ya Clapton Kibonge, Papa Sava yahamije ko nawe kuva kera yakundaga akanakundwa nk’abandi bose ndetse ko n’ubu ariko bikimeze.
Ati “Nta muntu udakunda kereka uramutse urwaye. Noneho niyo buriya waba urwaye ntabwo byagukundira ko urangiza amashuri yisumbuye udakundanye kuko iyo watangiye kumera inshakwaha n’ibindi, ibyo byiyumviro byawe bikuzana mu gukunda wabishaka,…utabisha.
“Hari icyiciro utarenga mu buryo bw’imitekerereze, rero ibyo ndabizi. Narakunze, narakunzwe. Na n’ubu erega ndakunda kandi ngakundwa.”
Ibi yabitangaje mu rwego rwo gukura mu rujijo abavuga ko nta marangamutima y’urukundo agira, akaba ariyo mpamvu atarashaka umugore.
Icyakora iyo abajijwe ku ngingo yo kuba yakwerekana umukunzi we, Papa Sava asubiza ko igihe kitaragera, ko nikigera azabitangaza.




