• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Nzovu na Yaka bongeye gutumirwa muri Gen-Z Comedy

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 29, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Nzovu na Yaka bongeye gutumirwa muri Gen-Z Comedy
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ubusabe bw’abafana batari bake bwatumye Fally Mercy afata icyemezo cyo kongera gutumira Nzovu na Yaka mu gitaramo cya Gen-Z Comedy giteganyijwe ku wa 1 Gicurasi 2025.

Fally Merci yavuze ko abakunzi ba ‘Gen-Z Comedy’ ari bo ntandaro yo gutuma aba basore bongera gutumirwa.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Aha Fally Merci yagize ati “Nyuma y’igitaramo cya mbere, abantu bakomeje kubanyishyuza. Hari abanyandikiye bansaba ko nabagarura kuko hari n’abatarabashije kubabona mu gitaramo cy’ubushize, byibuza ubu mfite ubutumwa bw’abarenga ijana, rero nabikoze kubera abakunzi b’ibitaramo byacu.”

Ubwo Yaka na Nzovu baheruka gutumirwa muri iki gitaramo ku wa 20 Gashyantare 2025, byari ibicika kuko hari n’abatashye batabashije kwinjira kubera ko imyanya yashize hakiri kare.

Uretse aba, abandi batangajwe muri iki gitaramo harimo Victor Rukotana na Diez Dola bazasusurutsa abakunzi babo bazitabira igitaramo cya Gen-Z Comedy.

Ni igitaramo cyatumiwemo Jado Castar uzaganiriza urubyiruko ruzacyitabira mu gihe abanyarwenya batumiwe bo barimo Fally Merci, Umushumba, Pirate, Muhinde, Joshua, Keppa, Dudu n’abandi benshi.

Ibi bitaramo bimaze imyaka itatu bibera mu Rwanda bihuza abanyarwenya biganjemo abakizamuka baba bashaka kugaragarizamo impano zabo.

Previous Post

Nyamasheke: Abaturage batatse ikibazo cy’ubwiherero muri Gare ya Tyazo, Akarere gahakana ko nta Gare kahagira

Next Post

Muhanga: Umuyobozi ushinzwe amasomo afunzwe akekwaho gusambanya abanyeshuri

Next Post
Muhanga: Umuyobozi ushinzwe amasomo afunzwe akekwaho gusambanya abanyeshuri

Muhanga: Umuyobozi ushinzwe amasomo afunzwe akekwaho gusambanya abanyeshuri

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved