• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nzi uburemere bw’inshingano nahawe- Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 25, 2025
in Amakuru
0
Nzi uburemere bw’inshingano nahawe- Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yijeje umukuru w’Igihugu ko atazamutenguha mu nshingano yahawe, aharanira iterambere ry’Igihugu.

Yabigarutseho ubwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025, Perezida Kagame yakiraga indahiro ye n’abandi bagize Guverinoma.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva nyuma yo kurahira, yashimiye Perezida Kagame wamugiriye icyizere akamuha izi nshingano maze amwizeza ko atazamutenguha.

Yagize ati “ Ndashaka kubanza gushimira byimazeyo nyakubahwa Perezida wa Repulika y’u Rwanda ku cyizere wangiriye.Nkaba mbizeza nyakubahwa Perezida wa Repubulika ko nzi neza uburemere bw’izi nshingano mwampaye, n’uruhare rwazo mu kugira uruhare mu kuzamura imibereho y’abaturage n’iterambere ry’Igihugu cyacu.”

Yakomeje agira ati “Nyakubahwa Perezida ndetse na mwe bayobozi muteraniye hano, ndashaka kubasezeranya ko iki cyizere nyakubahwa Perezida wa Repubulika yangiriye kitazaraza amasinde.

Ndabizeza ko nzakora ibishoboka byose ndetse nkore n’ibirenze kugira ngo nuzuze ighugu cyacu cyibyungukukiremo ku buryo bigaragarira buri wese.

Yashimiye ubwitange bw’abamubanzirije muri izi nshingano kugira ngo u Rwanda rutere intambwe ishimishije.

Yongeyeho ko yiteguye gutanga umusanzu we mu iterambere ry’Igihugu.

Ati “Niteguye ntategwa gutanga umusanzu wange muri urwo rugendo nk’umunyarwanda wiyemeje gukorera igihugu cye.”

Yavuze ko azaraharanira gukorera mu mucyo no kwita ku bibazo by’abaturage afatanyije n’izindi nzego zose.

Iyi guverinoma nshya yaraye ishyizweho ku mugoroba wo kuwa kane, igizwe n’Abaminisitiri 21 ndetse n’abanyamabanga ba leta 10.

Hashyizweho kandi n’abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu.

Dr. Justin Nsengiyumva yagizwe Minisitiri w’Intebe ku wa 23 Nyakanga 2025, asimbuye Dr. Edouard Ngirente wari umaze muri izi nshingano imyaka irindwi n’amezi 10.

Previous Post

Mwitende Abdoulkarim wamamaye nka Burikantu ku mbuga nkoranyambaga yafunguwe

Next Post

Perezida Paul Kagame yashimiye Dr. Ngirente Edouard wasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

Next Post
“Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, mbashimiye aya mahirwe mwampaye yo gukorera Igihugu cyacu” Dr. Edouard Ngirente wari Minisitiri w’Intebe yashimiye Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yashimiye Dr. Ngirente Edouard wasimbuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved