• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyuma yo gufungurwa Bishop Gafaranga yahaye ubutumwa abamukurikirana ndetse n’abandi muri rusange

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 11, 2025
in Amakuru
0
Nyuma yo gufungurwa Bishop Gafaranga yahaye ubutumwa abamukurikirana ndetse n’abandi muri rusange
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umunyamakuru Julius William Niyitegeka uzwi cyane nka Julius Chita, inshuti ya hafi ya Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, yatangaje ko uyu mugabo yageze mu rugo amahoro nyuma yo gufungurwa, aho yashimiye abantu bose bamubaye hafi mu bihe by’ubutabera yari amazemo amezi atanu.

Bishop Gafaranga yarekuwe ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira 2025, nyuma y’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rumuhamije ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, rukamukatira igifungo cy’umwaka gisubitse ndetse n’ihazabu y’amafaranga 150,000 Frw.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Nyuma yo gufungurwa mu Igororero rya Nyarugenge (Mageragere), Gafaranga yakiriwe n’inshuti ze za hafi zirimo Julius Chita, umugore we Annette Murava ndetse n’umunyamategeko we Me Mbarushimana Veneranda.

Mu butumwa Julius Chita yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ko bishimiye kongera kubonana nyuma y’igihe kirekire, anashyiraho ifoto bari kumwe mu ruganiriro. Yagize ati:

“Umuvandimwe Bishop Gafaranga yageze mu rugo ameze neza! Nyuma y’amezi 5 n’iminsi 3 afunze. Yantumye mbashimire mwese abamwibutse n’abamushyigikiye. Uwiteka ashimwe.”

Gafaranga, wari warafunzwe mu ntangiro za Gicurasi 2025, yahamijwe ibyaha bijyanye n’ihohoterwa yakoreye umugore we Annette Murava, umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. Mu rukiko, yemeye ko koko hagati yabo habayeho amakimbirane, ariko asobanura ko byari ibibazo bisanzwe biba mu ngo nyinshi.

Umunyamategeko we Me Mbarushimana Veneranda yasabye urukiko kugabanya ibihano ku ishingiro ry’uko Gafaranga atigeze arwanya ubutabera kandi yemera amakosa ye, ari na byo byatumye ahabwa igifungo gisubitse.

Previous Post

Rwamagana: Arashinja umuryango we kumuterereza inzoka

Next Post

Bugesera: Abaturage bakubise umuntu arapfa bahita bamutwika

Next Post
Bugesera: Abaturage bakubise umuntu arapfa bahita bamutwika

Bugesera: Abaturage bakubise umuntu arapfa bahita bamutwika

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved