Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodríguez, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutangira umubano mushya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushingiye ku bufatanye, kubahana no guteza imbere inyungu z’impande zombi.
Aya magambo yayavuze ku Cyumweru tariki ya 4 Mutarama 2026, nyuma y’uko ingabo za Amerika zifashe Nicolás Maduro, wahoze ayobora Venezuela, mu gikorwa cyabereye mu murwa mukuru Caracas.
Mu butumwa yashyize ahagaragara ku mbuga nkoranyambaga, Delcy Rodríguez yasobanuye ko guverinoma ayoboye igamije gufungura inzira y’ibiganiro n’ubwumvikane na Amerika, n’ubwo mbere yari yanenze igitero cy’ingabo za Amerika, agishinja kunyuranya n’amategeko mpuzamahanga no kuba kigamije inyungu zishingiye ku mutungo kamere wa Venezuela, cyane cyane ibikomoka kuri peteroli.
Yagize ati: “Turifuza gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu murongo w’ubufatanye bugamije iterambere rihuriweho, hubahirijwe amategeko mpuzamahanga kandi hagashyirwa imbere imibereho myiza n’umutekano w’abaturage.”
Yakomeje ashimangira ko amahoro n’ibiganiro ari byo bikenewe kurusha gukomeza inzira y’imirwano n’intambara, asaba Perezida Donald Trump gushyira imbere inzira ya dipolomasi.
Ibi byatangajwe mu gihe Perezida Trump yari aherutse kubwira abanyamakuru ko Amerika ishobora kongera gutera Venezuela mu gihe yaba yanze gufatanya mu gufungura urwego rw’inganda z’amavuta ndetse no kurwanya icuruzwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.
Hagati aho, biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, Nicolás Maduro azitaba urukiko rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika i New York, aho akurikiranyweho ibyaha birimo iby’iterabwoba rishingiye ku bucuruzi bw’ibiyobyabwenge, hashingiwe ku birego byatanzwe mu mwaka wa 2020.
Ifatwa rya Maduro ryabaye ku wa Gatandatu ryateje impaka n’impungenge ku rwego mpuzamahanga, rinashyira Venezuela mu bihe bikomeye by’udushya n’ukutamenya icyerekezo cy’ejo hazaza h’igihugu.
Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko icyo gikorwa kigamije ubutabera, bavuga ko Maduro agomba gusobanura ku byaha ashinjwa byagize ingaruka ku mutekano w’akarere n’uw’isi muri rusange.




