Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana, mu Kagari ka Nyanza, Umudugudu wa Nyarunyinya, haravugwa umukecuru w’imyaka 64 uri mu maboko ya Polisi akekwaho kurandura ibiti by’imyumbati by’umuhungu abereye mukase.
Amakuru aturuka mu baturage avuga ko uyu mukecuru yinjiye mu murima w’imyumbati atari uwe, ahasanga imyaka, arayirandura. Ngo byakomotse ku makimbirane amaze igihe hagati ye n’umuryango w’umuhungu w’umugabo we.
Nyuma yo gupfa isambu isezeranyijwe n’uyu mukecuru n’umugabo we, urukiko rwayihaye umukecuru nk’ufite uburenganzira mu mategeko, ariko uwo muhungu yari yamaze guhinga imyumbati muri uwo murima. Ibyo byarakaje umukecuru, ari na byo bivugwa ko byamuteye kwangiza iyo myaka.
Uwo muhungu yagiye kurega mu nteko z’abaturage no ku buyobozi bw’Umurenge, ibiti birabarurwa basanga bisaga 120, bifite agaciro ki 300,000 Frw. Mukecuru yasabwe kwishyura ayo mafaranga ariko arabyanga.
Nyuma y’iminsi mike, bivugwa ko yongeye kwinjira mu murima agakuramo ibindi biti 26, aho umwe mu baturage yamufashe amashusho n’amafoto. We yahise ajya gutanga ikirego avuga ko yafotowe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ariko na we asanganirwa ikirego cyo kwangiza imyaka.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yemeje ko uyu mukecuru afunzwe, akurikiranweho kurandura ibiti by’imyumbati 126. Yavuze ko iperereza rikomeje kandi ko ari igikorwa cyatewe n’amakimbirane yo mu miryango.
Nyuma y’iki kibazo, umugabo w’umukecuru yahise yegera umuhungu we barumvikana, amuha amafaranga 300,000 Frw imbere ya noteri kugira ngo ikibazo kirangire bityo umukecuru afungurwe.
Polisi yasabye abaturage kwirinda amakimbirane no guharanira ubwumvikane, kuko ubucuruzi bw’amakimbirane buteza ibihombo, bigasenya umubano n’iterambere ry’abaturage, kandi bikorwa binyuranyije n’amategeko.




