Mu Mudugudu wa Kayigi, Akagari ka Murehe mu Murenge wa Muyumbu, haravugwa umuryango w’abashakanye umaze igihe mu makimbirane akomeye, aho umwe ashinja undi ubusinzi, undi na we akamushinja gusambana.
Uyu muryango ugizwe na Kangabo w’imyaka 89 n’umugore we Nyirakaberuka w’imyaka 70. Abaturanyi babo bavuga ko bamaze igihe babona intonganya z’urudaca hagati yabo, ku buryo hari impungenge ko byavamo amakuba akomeye.
Nyirakaberuka avuga ko umubano wabo wigeze kuba mwiza, ariko ngo byatangiye kuzamo ibibazo ubwo umugabo we yatangiye kunywa inzoga mu buryo bukabije. Ati:“Kera twabanaga neza, nta ntonganya. Ariko kuva yatangira kunywa inzoga cyane ibintu byarahindutse. Ubu anywa nk’igitenga.”
Uyu mukecuru avuga ko ikintu gikomeye umugabo we akunda kumushinja ari uko amuca inyuma, nyamara akemeza ko nta mugabo n’umwe barigeze baryamana. Ati:
“N’iyo ntarabuka neza, aravuga ngo nari mu bagabo. No gusenga yaranabinyimye kuko iyo ngiye gusenga akavuga ko ngiye kubonana n’abandi bagabo.”
Ku rundi ruhande, Kangabo we ashinja umugore we ubusinzi ndetse n’ubusambanyi. Avuga ko hari ubwo ajya gusangira inzoga n’abandi, bikarangira akijanditse mu ngeso mbi zo gucana inyuma. Ngo n’ubwo asaba ko bajya kwipimisha indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, Nyirakaberuka we ahakana avuga ko nta mugabo n’umwe bajya baryamana.
Abaturanyi b’uyu muryango batangaza ko babona ibyabo bikomeje gufata indi ntera, ndetse hari n’abavuga ko bishobora kuzarangira habaye impanuka ikomeye. Umwe yagize ati:“Uyu musaza uko bigaragara, si ubwa mbere tubona amusagurira. Ntitwabura kugira impungenge ko rimwe azica umugore we.”
No mu bana babo, bemeza ko bamaze igihe bagerageza kubunga ariko bikaba byaranze.




