• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyamasheke: Gitifu yakubiswe n’umuturage amushinja ko atamushyize ku rutonde rw’abari guhabwa imfashanyo y’ibigori

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 10, 2026
in Amakuru
0
Nyamasheke: Gitifu yakubiswe n’umuturage amushinja ko atamushyize ku rutonde rw’abari guhabwa imfashanyo y’ibigori
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Shangi mu Karere ka Nyamasheke ifungiyeho Ndagijimana Félix w’imyaka 44, ukekwaho gukubita no gukomeretsa Gitifu w’Akagari ka Mariba, Ngabonziza Principe, mu Murenge wa Nyabitekeri.

Amakuru aturuka mu buyobozi agaragaza ko icyateye ubu bugizi bwa nabi ari amakimbirane ashingiye ku mfashanyo y’ibigori byatanzwe mu baturage byibasiwe n’amapfa, nyuma y’izuba ryinshi ryatumye imyaka yangirika bikomeye.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Ibi byabaye mu ijoro rishyira tariki ya 8 Mutarama 2026, ubwo Gitifu Ngabonziza yari kumwe n’abandi bayobozi b’imidugudu n’inkeragutabara, bari mu kazi ko kugenzura irondo n’imikorere y’utubari mu kagari ka Mariba.

Ngabonziza Principe yabwiye Imvaho Nshya ko ubwo bari muri ako kazi bahuye na Ndagijimana Félix wari uvuye mu kabari kandi yasinze. Ngo yababajije abo ari bo, bamubwira ko ari abayobozi bari mu bugenzuzi, maze ahita abatunga agatoki abashinja kuba baramukuye ku rutonde rw’abahabwa ibigori.

Ati: “Ntaramusubiza yahise ansunika, mubajije impamvu ambwira atyo ahita ankubita ikofe ku munwa wo hejuru, arawukomeretsa, ntangira kuvirirana amaraso menshi.”

Avuga ko nyuma yo kumukubita, Ndagijimana yahise atoroka, ariko abo bari kumwe baramukurikirana baramufata, bamushyikiriza RIB ya Shangi.

Uwahohotewe yahise ajyanwa kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Mukoma, nyuma asabwa no kujya ku Bitaro bya Bushenge kugira ngo hasuzumwe niba nta kindi kibazo yagize, ananatanga ikirego kuri RIB.

Gitifu Ngabonziza ahakana yivuye inyuma ko atigeze akura Ndagijimana ku rutonde rw’abahabwa iyo mfashanyo, asobanura ko abaturage ubwabo ari bo bagize uruhare mu gutoranya abari bayikwiriye, hashingiwe ku cyiciro cy’ubushobozi, kandi ko Ndagijimana yafatwaga nk’uwishoboye.

Umwe mu baturage bo mu Kagari ka Mariba, waganiriye n’itangazamakuru, yavuze ko guhohotera abayobozi bitari bisanzwe muri uyu Murenge, ariko agaragaza ko Ndagijimana asanzwe azwiho imyitwarire mibi yo gusinda no guteza urugomo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabitekeri, Harerimana Naphtal, yemeje iby’aya makuru, avuga ko uwakoze urugomo yashyikirijwe RIB kugira ngo akurikiranwe n’amategeko.

Ati: “Umuturage yakoreye umuyobozi wacu urugomo ari mu kazi, twamushyikirije RIB ya Shangi, naho uwahohotewe ajya kwivuza anasabwa gutanga ikirego.”

Yakomeje asaba abaturage kwirinda imyitwarire ishobora guhungabanya umutekano, abibutsa ko mu gihe batishimiye icyemezo runaka bafata inzira zemewe n’amategeko aho kwifashisha urugomo.

Ati: “Ntibikwiye ko umuturage utemeranywa n’icyemezo afata urugomo cyangwa imyigaragambyo. Akwiye kugana inzego zisumbuye zikamufasha gukemura ikibazo mu mahoro.”

Previous Post

AFC/M23 yunamiye inzirakarengane zahitanywe n’intambara ibera mu burasirazuba bwa Congo

Next Post

APR FC yerekanye bisi nshya igiye kujya itwara iyi kipe -Amafoto

Next Post
APR FC yerekanye bisi nshya igiye kujya itwara iyi kipe -Amafoto

APR FC yerekanye bisi nshya igiye kujya itwara iyi kipe -Amafoto

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved