• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyamasheke: Umusore yakubiswe n’abanyerondo arapfa

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 3, 2025
in Amakuru
0
Nyamasheke: Umusore yakubiswe n’abanyerondo arapfa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Murenge wa Kagano, Akarere ka Nyamasheke, umusore witwa Ntabwoba Isaac w’imyaka 29 yapfiriye mu maboko y’abanyerondo nyuma yo gufatanwa ingurube ebyiri bivugwa ko yari yibye ku muturage witwa Iyamuremye Daniel wo mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Mubumbano.

Amakuru yemeza ko mu rukerera saa kumi n’iminota 45, ubwo abanyerondo bari mu nzira bataha, bahuye n’itsinda ry’abasore bari bafite ingurube ebyiri, imwe yapfuye indi ikiri nzima. Abanyerondo bahise bafata Ntabwoba, bagenzi be bahita bacika. Nyuma yo gutabaza abaturage, uwo musore yahise akubitwa bikabije kugeza ahasize ubuzima.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Abaturage bavuga ko amakuru yaje kumenyekana ko izo ngurube zari iz’umuturage Iyamuremye Daniel. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Uwimana Damas, yatangaje ko Ntabwoba ubwo yafatanwaga bamusanganye ibikoresho bikekwa ko ari byo bakoresheje mu kwica imwe muri izo ngurube. Yagize ati:
“Ni byo koko byabaye. Kugeza ubu abanyerondo bane bafunzwe kuri sitasiyo ya RIB ya Kagano, iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane neza icyateye urupfu rwe.”

Abaturanyi bo mu Murenge wa Bushekeri, aho Ntabwoba yavukaga, bavuga ko yari azwiho imyitwarire mibi irimo ubujura n’urugomo, ndetse hari n’abakekaga ko akoresha ibiyobyabwenge. Umwe yagize ati:
“Yari amaze ukwezi kumwe gusa asohotse muri gereza azira ubujura buvanze n’urugomo, ariko ntibyatinze agaruka mu ngeso ze za kera.”

Umwe mu bo mu muryango we yavuze ko kuva ababyeyi be bapfa, uyu musore yatangiye kugaragaza imyitwarire idahwitse, kugeza ubwo imiryango imurekuye.

Yagize ati“Yaratunaniye rwose, ntitwongeye kumuhugura kuko ntacyo byari gutanga. Twumvise ko yishwe tuzi ko ari za ngeso ze zamugejejeyo,” 

Uwimana Damas yasabye urubyiruko kwirinda ubujura n’izindi ngeso mbi zishobora kubakururira ibyago, ndetse asaba abaturage bose kudafata mu nshingano zabo guhana abakekwaho ibyaha, ahubwo bagakorana n’inzego z’ibanze n’iz’umutekano kugira ngo ubutabera bukore akazi kabwo.

Previous Post

Tanzania:Umupfumu ari gushakishwa kubera kwicisha umunyeshuri

Next Post

Michelle Yeoh wamenyekanye muri Cinema ku Isi ari mu Rwanda

Next Post
Michelle Yeoh wamenyekanye muri Cinema ku Isi ari mu Rwanda

Michelle Yeoh wamenyekanye muri Cinema ku Isi ari mu Rwanda

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved