• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyamasheke: Umubyeyi wari utwite inda y’amezi 2 yakubiswe n’inkuba imana ikinga akaboko

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 19, 2025
in Amakuru
1
Nyamasheke: Umubyeyi wari utwite inda y’amezi 2 yakubiswe n’inkuba imana ikinga akaboko
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Muhawenimana Rosette wo mu Mudugudu wa Gatagara, Akagari ka Jurwe mu Murenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke, yakubiswe n’inkuba ubwo yari mu gikoni atetse, ariko ku bw’amahirwe we n’inda y’amezi abiri atwite basanga nta kibazo yagize

Byabaye ku gicamunsi cyo ku wa Kane, tariki 18 Nzeri 2025, ubwo imvura nyinshi yari iri kugwa. Uyu mubyeyi ngo yabonye ibishashi byinshi by’inkuba bimusanze mu gikoni, ahita agwa igihumure. Abari mu nzu bamusanze hasi ataka cyane, avuga ko ari kubabara mu nda no ku kuguru.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umugabo we yahise amujyana ku Ivuriro ry’ibanze rya Jurwe, nyuma akoherezwa ku Kigo Nderabuzima cya Rangiro, aho abaganga bamwitayeho. Nyuma y’isuzuma basanze nta ngaruka byateye ku buzima bwe n’ubw’umwana atwite.

Uwizeyimana Emmanuel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rangiro, yemeje ko Muhawenimana ari gukurikiranwa n’abaganga kandi ameze neza. Ati: “Bamupimye basanga nta kibazo cy’umwana uri mu nda, n’ukuguru kwe ntikwangiritse cyane. Turizera ko vuba aha azasezererwa.”

Si ubwa mbere inkuba ikubise muri uyu mudugudu wa Gatagara, kuko mu kwezi gushize yahakubise abantu umunani ndetse inangiza kashipawa zirindwi. Ubuyobozi buributsa abaturage gukurikiza amabwiriza yo kwirinda inkuba, arimo kutagumana ibikoresho bicometse mu gihe cy’imvura, kwirinda gukoresha telefoni, n’andi mabwiriza asanzwe atangwa n’inzego z’ubuyobozi.

Previous Post

RDB yasohoye amabwiriza mashya ku bikorwa byo kwidagadura mu gihe cy’isiganwa ry’amagare

Next Post

Musanze: Umusore yiyahuye kubera amakimbirane yo mu muryango

Next Post
Musanze: Umusore yiyahuye kubera amakimbirane yo mu muryango

Musanze: Umusore yiyahuye kubera amakimbirane yo mu muryango

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved