• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyamasheke: Ikamyo yari itwaye amakara yakoze impanuka ikomeye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 7, 2026
in Amakuru
0
Nyamasheke: Ikamyo yari itwaye amakara yakoze impanuka ikomeye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ikamyo ifite pulake RL 4626 yari itwaye amakara yifashishwa mu gukora sima yari iyavanye muri Tanzania iyajyanye mu ruganda rwa Sima Nyarwanda (CIMERWA) ruherereye mu Karere ka Rusizi, yakoze impanuka ihitana uwari uyitwaye.

Kanamugire Fulgence, umwe mu bahise bahagera ikigwa, yabwiye Imvaho Nshya ko akurikije uburyo yaguyemo n’uburyo aho yaguye hasanzwe hacuramye cyane, akeka ko ari feri umushoferi yabuze kuko yahamanutse ahorera cyane, akubita umukingo,imodoka iragaruka ihita igarama mu nkengero z’umuhanda.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Ati: “Yageze hafi y’umuhanda ugana ku Kigo Nderabuzima cya Gisakura mu ikorosi rihari, imodoka iriruka cyane nk’iyabuze feri, tubona ayikubise ku mukingo iragaruka igarama ku nkengero z’umuhanda.”

Iyo kamyo yahise yangirika bikomeye icy’imbere ku buryo hagaragaraga akaguru gusa k’umushoferi kafashwemo atanyeganyega.

Polisi yahise ihagera ifite ibyuma byafashije kumukuramo basanga yapfuye, umurambo uhita ujyanwa mu Bitaro bya Bushenge, ibisazwa by’iyo kamyo bikaba bikiri aho yaguye.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yabwiye Imvaho Nshya ko hagikurikiranwa icyateye iyo mpanuka kuko umushoferi yarimo wenyine.

Ati: “Imodoka y’ikamyo yari ipakiye amakara ikuye muri Tanzaniya yifashishwa mu gukora sima yageze mu Gisakura mu Mudugudu wa Ruvumbu, Akagari ka Buvungira, Umurenge wa Bushekeri, Akarere ka Nyamasheke, umushoferi gukata ikoni rihari biramunanira agonga umukingo, imodoka igwa igaramye iramugwira ahita apfa.”

Yakomeje ahamya ko mu gihe umurambo wahise ujyanwa mu Bitaro bya Bushenge, Polisi y’u Rwanda ikomeje gukurikirana icyaba cyateye impanuka kuko umushoferi yari wenyine mu modoka.

Previous Post

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza rwa DJ Toxxyk ruhita rutanga umuburo

Next Post

Leta ya Tanzania yatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi ziri muri iki gihugu

Next Post
Leta ya Tanzania yatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi ziri muri iki gihugu

Leta ya Tanzania yatangiye gusenyera impunzi z'Abarundi ziri muri iki gihugu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved