• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyamasheke: Abaturage batatse ikibazo cy’ubwiherero muri Gare ya Tyazo, Akarere gahakana ko nta Gare kahagira

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 29, 2025
in Amakuru
0
Nyamasheke: Abaturage batatse ikibazo cy’ubwiherero muri Gare ya  Tyazo, Akarere gahakana ko nta Gare kahagira
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abagenzi bakora ingendo zinyura muri Gare ya Tyazo mu Karere ka Nyamasheke batangaje ko babangamirwa no kutabona aho biherera igihe bayigezemo bagasaba ko hafi yayo hakubakwa ubwiherero rusange.

Umwe mu bagenzi itangazamakuru ryasanze muri iyi gare avuye mu karere ka Rusizi agiye gusura umurwayi ku bitaro bya Kibogora, yavuze ko ari ubwa mbere ageze muri Gare ya Tyazo agashaka kwiherera ndetse ko atari azi ko iyi gare itagira ubwiherero rusange.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ati”Naje inzira yose nshaka kujya kwihagarika, nkomeza kwihangana nziko ndajyayo ngeze muri Gare. Nahageze ndeba hirya no hino mbura ubwiherero, njya kubutira hano haruguru mu kigo nderabuzima. Byangoye, biranambangamira. Icyo nsaba ubuyobozi ni uko bwadufasha bukatwubakira ubwiherero rusange. Uzi gusebera mu bantu nk’aba!”.

Mukarugira Julienne ukunze gukorera ingendo muri uyu muhanda yavuze ko imodoka yigeze kumusiga yageze muri iyi gare imodoka yahagarara akavamo agiye gushaka aho yihagarika

Ati “Byansabye gutega moto nyishyura 500Frw ikurikira imodoka nari nateze. Iyo hano muri gare haza kuba hari ubwiherero rusange nari kujyamo nkishyura igiceri cya 100Frw.”

Si abagenzi gusa bavuga ko babangamiwe no kuba iyi gare idafite ubwiherero rusange kuko n’abahakorera akazi umunsi ku wundi bibasaba kujya gushaka ahari akabari akaba ariho bikinga.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse, yavuze ko mu i Tyazo aho imodoka zihagarara atari gare, ari ibisubizo Akarere kishatsemo kugira ngo imodoka zijye zibona aho zihagarara

Ati “Akarere kacu nta gare karagira, hariya ni uburyo twabaye dushatse kugira ngo imodoka nizihagera zibone aho zihagarara abagenzi babone uko bavamo abandi bajyemo. Ikibazo cyo kuba nta bwiherero rusange buhari, turakizi turi gukorana n’umushoramari (Itorero Methodiste Libre au Rwanda) hari inyubako bari kuhubaka izaba ifite igice cyagenewe ubwiherero rusange. Icyo twabwira abakoresha uriya muhanda ni uko ikibazo cyo kutagira ubwiherero rusange hariya hantu mu gihe cya vuba kizaba cyakemutse”.

Isantere ya Tyazo ni imwe muzikomeye mu karere ka Nyamasheke ndetse hari n’abavuga ko ari wo mujyi w’ubucuruzi w’aka Karere bitewe n’uko hamaze kubakwa inzu nyinshi zirimo n’amagorofa zicururizwamo ibicuruzwa na serivisi binyuranye.

Isoko: Igihe

Previous Post

Cardinal Giovanni wahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo wa Kiliziya yivanye mu bagomba gutora Papa mushya

Next Post

Nzovu na Yaka bongeye gutumirwa muri Gen-Z Comedy

Next Post
Nzovu na Yaka bongeye gutumirwa muri Gen-Z Comedy

Nzovu na Yaka bongeye gutumirwa muri Gen-Z Comedy

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved