• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyamasheke: Abakubise abageni bakabagira indembe batawe muri yombi

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 13, 2025
in Amakuru
0
Nyamasheke: Abakubise abageni bakabagira indembe batawe muri yombi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu murenge wa Bushenge, abageni bari bagiye gushyingirwa ku wa 4 w’iki cyumweru bahura n’abagizi ba nabi barabakubita banabambura ibyo bari batwaye,babasiga ari intere ,kuri ubu ababikoze batawe muriyombi.

Abo bageni, Habumugisha Fiston na Muhawenayo Jeannette, bahise bajyanwa mu bitaro bya Bushenge barembye, bituma ubukwe bwabo busubikwa. Nyuma yo kuvurwa, bamaze gusezererwa ndetse bitegura gusubukura ibirori byabo nubwo bagifite ibikomere.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Inzego z’umutekano zafashe abakekwaho uruhare muri ubwo bugizi bwa nabi. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge, Habumugisha Hyacinthe, yemeje ko babiri mu bari bagize ako gatsiko bafashwe bakaba bari mu maboko ya Polisi ya Shangi.

Abafashwe barimo Ntibaziyandemye Valens w’imyaka 25 na Niyobuhungiro Eric w’imyaka 29. Bombi bivugwa ko bari mu itsinda riyobowe na Sibomana Athanase uzwi ku izina rya Kivatiri, kugeza ubu utarafatwa. Hari n’abandi bagishakishwa barimo uwitwa Dushime, wamenyekanye ubwo umugeni yamubonaga mu bamukubitaga.

Amakuru mashya avuga ko hari undi wafashwe nyuma yo kugaragara agurisha inkweto z’umusore zari ziteganyirijwe ubukwe, abaturage babimenyesha ubuyobozi.

Sinumvayabo Costasie uri mu bari gutegura ubu bukwe yavuze ko nubwo abageni bakiri mu nkeke z’ihungabana ry’ibyababayeho, bashaka gukomeza umuhango wo gushyingirwa. Ati: “Umusore aracyaribwa ariko arashaka ko basezerana kugira ngo abone uko asubira mu kazi kuko uruhushya yari yahawe ruri hafi kurangira.”

isubika ry’ubu bukwe byateje igihombo imiryango yombi yari yamaze gutegura ibyo kurya ndetse n’abaturutse kure bari bamaze kugera ahari kubera ibirori.

Previous Post

Ubuhamya bushya buteye ubwoba ku mibereho y’abaturage ba Koreya ya Ruguru

Next Post

Kigali: Abashoferi ba RITCO babonye igisubizo cyo kwita ku bana babo

Next Post
Kigali: Abashoferi ba RITCO babonye igisubizo cyo kwita ku bana babo

Kigali: Abashoferi ba RITCO babonye igisubizo cyo kwita ku bana babo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved