• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nyabihu: Mu rugo rw’uwiyita umunyamasengesho hapfiriye umubyeyi warutwite inda y’amezi 9

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 22, 2025
in Amakuru
0
Nyabihu: Mu rugo rw’uwiyita umunyamasengesho hapfiriye umubyeyi warutwite inda y’amezi 9
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mukandekezi Claudine w’imyaka 30 wo mu Karere ka Nyabihu wari utwite inda y’imvutsi, yapfiriye mu rugo rw’umugore wasengeraga abantu yiyita umunyamasengesho.

Ibi byabereye mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote ho mu Mudugudu wa Shaba, mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Gicurasi 2025.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Amakuru avuga ko Mukandekezi wari utwite inda y’amezi icyenda yagiye mu masengesho tariki ya 19 Gicurasi 2025 mu masaha y’igitondo mu rugo rw’umukecuru witwa Nayino ujya usengera abantu, ari naho yaje gupfira.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bigogwe, Jean Claude Nsengimana, yahamije aya makuru.

Ati “Mu gitondo saa kumi n’ebyiri twahawe amakuru n’Umuyobozi w’Ikigo nderabuzima cya Bigogwe, ko hari umubyeyi wari utwite bazanye bamuhetse mu ngobyi yapfuye, umugabo we atubwira ko yari yaravuye mu rugo ku wa Mbere ajya kwifatanya n’umugore basengana muri ADEPR ararayo atungurwa n’uko bamubwiye ko umugore we yapfuye.”

Akomeza avuga ko mu ijoro ry’ejo hashize saa cyenda z’ijoro yarembye akamuherekeza ngo bajye kwa muganga, nyuma yikubita hasi babona kwiyambaza abahetsi bamugeza kwa muganga bamushyize ku gipimo basanga yapfuye.

Nsengimana yibukije abaturage ko Leta ishyiraho gahunda nyinshi zo kubafasha kugira ngo batazatakaza ubuzima mu buryo bw’amaherere, barwara bakagana amavuriro nk’uko bayashyiriweho kuva kuri Posite de sante kugeza ku mavuriro manini.

Yanibukije abanyamadini ko badakwiriye gushukashuka abaturage ngo barabasengera, kuko abazabifatirwamo bose bazabihanirwa nk’abigometse ku mabwiriza ya Leta.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ikigo nderabuzima cya Bigogwe gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

Ukekwaho kugira uruhare muri uru rupfu yahise afatwa ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Sitasiyo ya Bigogwe.

Mukandekezi Claudine yari asanzwe ari umugore wa Ukobucya Protais, babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, aho bari bamaranye imyaka irenga 10, ndetse apfuye amusigiye abana bane.

Previous Post

Rutsiro: Abana babiri bari bagiye guca amapera ku kirwa barohamye mu Kivu umwe ahita ahita yitaba Imana

Next Post

Rusizi: Umwarimu arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka 15 yigishaga

Next Post
Rusizi: Umwarimu arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka 15 yigishaga

Rusizi: Umwarimu arakekwaho gusambanya umwana w'imyaka 15 yigishaga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved