Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, Mugiraneza David, hamwe n’abandi bakozi b’Akarere barimo Umuyobozi ushinzwe Imibereho Myiza, ushinzwe Inyubako, ndetse na Perezida wa Ibuka ku rwego rw’Akarere, Ishimwe Samuel, bafunzwe bakekwaho kunyereza amafaranga yagenewe kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye.
Amakuru avuga ko aba bayobozi batawe muri yombi nyuma y’igenzura ryakozwe rigasanga amafaranga yari agenewe kubaka inzu z’abarokotse Jenoside yakoreshejwe mu buryo butujuje amategeko. Iryo genzurwa ryagaragaje ko habayeho amakosa akomeye mu itangwa ry’amasoko, harimo n’uburiganya mu buryo amasoko yagenwe ndetse no kudatanga ibikoresho byose byari biteganyijwe.
Byongeye kandi, raporo y’ibanze y’iperereza yerekanye ko mu nzu 17 zari zateganyijwe kubakwa, hubatswe 15 gusa, kandi zimwe muri zo zatanzwe zidakoze igenzura ryemewe.
Komite ya Ibuka mu Karere ka Nyabihu yari ifite inshingano zo gukurikirana iyubakwa ry’izo nzu, ari na yo mpamvu Perezida wayo ari mu bafashwe kugira ngo asobanure uruhare rwe muri icyo gikorwa cyavuzwemo uburiganya.




