Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Dr. Mbarushimana Nelson, yatangaje ko nubwo mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare amashuri yo mu Mujyi wa Kigali azafungwa, abanyeshuri batazabura icyo bakora kuko bazahabwa imikoro yihariye izabafasha gukomeza gusubira mu masomo yabo.
Mu kiganiro yagiranye na Radiyo Rwanda, Dr. Mbarushimana yavuze ko abarimu batangiye gutegura imikoro n’imiyitozo ihagije izamara icyumweru cy’ikiruhuko, ku buryo izarinda abana gucogora cyangwa kwibagirwa amasomo.
Yasobanuye ati: “Imikoro izahabwa abanyeshuri izaba itandukanye n’iyo basanzwe batahana buri munsi. Ni imikoro izafasha umwana gusubiramo amasomo mu buryo bufite intego kandi buboneye.”
Uyu muyobozi yasabye ababyeyi kugira uruhare mu gufasha abana babo gusubiramo no kurangiza iyo mikoro ku gihe, kugira ngo iyi gahunda izagerweho neza.
Ati: “Ni ngombwa ko ababyeyi bafasha abana babo gukurikirana imikoro buri munsi, kuko buri munsi hazaba hari umukoro biteganyijwe ko umwana agomba gukora.”
Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Rwanda guhera ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025. Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko muri icyo gihe amashuri yo mu Mujyi wa Kigali azafunga imiryango, ndetse n’abakozi bagashishikarizwa gukorera mu ngo. Minisiteri y’Uburezi izakomeza gukorana n’abayobozi b’amashuri ndetse n’ababyeyi kugira ngo gahunda izagende neza.




