• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IYOBOKAMANA

Nta Papa wabonetse ku munsi wa Kabiri w’itora

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 8, 2025
in IYOBOKAMANA
0
Nta Papa wabonetse ku munsi wa Kabiri w’itora
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu cyiciro cya gatatu cy’umunsi wa kabiri w’amatora y’Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi ari kubera i Vatican, hongeye kugaragara umwotsi w’umukara, bivuze ko nta Papa watowe.

Ni amatora yo gusimbura Papa Francis witabye Imana ku wa 21 Mata 2025, ku myaka 88 y’amavuko nyuma y’igihe yari amaze arwaye indwara z’ubuhumekero.

Related posts

“Ese aho uvuye uhunze ibibazo, aho ujya ntuzahasanga ibindi?”: Perezida Kagame yibaza impamvu abashakanye babiri bananirwa kubana bakageza aho gutandukana

“Ese aho uvuye uhunze ibibazo, aho ujya ntuzahasanga ibindi?”: Perezida Kagame yibaza impamvu abashakanye babiri bananirwa kubana bakageza aho gutandukana

February 1, 2026
Meddy wataramiye abitabiriye ‘Rwanda Convention USA’ yahishuye uko Zion Temple ya Gitwaza yamugize umuntu ukomeye

Meddy wataramiye abitabiriye ‘Rwanda Convention USA’ yahishuye uko Zion Temple ya Gitwaza yamugize umuntu ukomeye

July 7, 2025

Gutora Papa mushya byatangiye ku wa 07 Gicurasi 2025, ariko ku nshuro ya mbere ntiyabashije kuboneka.

Umwotsi w’umukara wasohotse nyuma y’amatora abiri yabaye kuri uyu wa Kane, bivuze ko mu masaha ari imbere na bwo haba andi matora abiri mu gushaka uhagararira Kiliziya Gatolika ku Isi.

Ni amatora ari kubera muri Chapelle ya Sistine mu mwiherero utorerwamo Papa uzwi nka ‘Conclave’.

Ari gukorwa n’aba-cardinal 133 barimo n’Umushumba wa Arikidiyosezi ya Kigali, Antoine Cardinal Kambanda.

Ni umubare wiyongereye kuko mu 2005, Papa yari yatowe n’Aba-Cardinal 115, ari na ko byagenze no mu 2013.

Muri aya matora ya Papa, Afurika ihagarariwe n’Aba-Cardinal 17. U Burayi buhagarariwe n’Aba-Cardinal 52, Aziya ifite 23, Amerika y’Amajyepfo n’iyo hagati zifite 17, mu gihe Amerika ya Ruguru ifite 20, Oceanie ikagira bane.

Aba-Cardinal bose bagomba gutora Papa baturuka mu bihugu 69. Impuzandego y’imyaka yabo ni 70 n’amezi atatu. Umuto muri bo ni Mykola Bychok wo muri Ukraine ufite imyaka 45. Umukuru ni Carlos Osoro Sierra wo muri Espagne ufite imyaka 79.

Gutora bikorwa kane ku munsi, kabiri mu gitondo na kabiri nyuma ya saa Sita, kugeza habonetse utsinda.

Previous Post

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

Next Post

Kiliziya Gatolika yabonye Papa mushya

Next Post
Kiliziya Gatolika yabonye Papa mushya

Kiliziya Gatolika yabonye Papa mushya

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved