• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nta mirwano dushaka ariko uwo tuzasanga munzira tuzamwikiza nta kuzuyaza- Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 9, 2025
in Amakuru
0
Nta mirwano dushaka ariko uwo tuzasanga munzira tuzamwikiza nta kuzuyaza- Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard, yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa AFC/M23 ndetse no kugira umugambi wo kwigarurira bimwe mu bice bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), mu gihe u Rwanda rwo ruhakana ibyo birego.

Minisitiri Bizimana yavuze ko mbere y’isinywa ry’amasezerano y’amahoro arimo kuganirwaho, u Rwanda rukekwa kuba rwarohereje amakamyo y’abasirikare banyuze kuri Kirwa cya Idjwi bajya gufasha AFC/M23, bagaba n’ibitero ku ngabo z’u Burundi zikorera ibikorwa byo gufasha iza Congo hamwe na Wazalendo mu kurwanya uwo mutwe.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Avuga ko AFC/M23 (yita ingabo z’u Rwanda) zari zifite umugambi wo gufata agace ka Luvungi na Uvira mbere y’uko amasezerano asinywa, ibintu avuga ko byaburijwemo n’ingabo za Congo n’iza EAC zifatanyije.

Minisitiri Bizimana yatangaje ko imirwano iri muri RDC imaze gutuma u Burundi bwakira impunzi nyinshi z’Aba-Congo n’Abarundi bari bahatuye, bikiyongera ku mpunzi zisaga ibihumbi 100 zisanzwe zihari, avuga ko nta miryango mpuzamahanga irabasha kubitaho bihagije.

Yongeraho ko u Rwanda ruri kugerageza kwereka amahanga ko u Burundi ari rwo rutera inzitizi ku masezerano arimo gutegurwa, ariko we akemeza ko atari ko bimeze. Ati: “Mbere y’uko amasezerano asinywa, AFC/M23 yagerageje gufata Uvira barakubitwa bakwira imishwaro. N’ubu baracyagerageza, bifuza kugera kuri uwo mujyi mbere ya tariki 25 Ukuboza 2025.”

Ku birego byo kurasa mu Cibitoki byahitanye abantu babiri bagakomereka, Bizimana nabyo abishyira ku Rwanda, mu gihe u Rwanda rwo rwavuze ko ibyo bisasu byaturutse mu mirwano ya AFC/M23 muri Congo, ubwo yashinjaga u Burundi kuyirasa ikoresheje ubutaka bwabwo.

Minisitiri Bizimana yavuze ko ingabo z’u Burundi zitazava muri Congo keretse Leta ya RDC ubwayo ibisabye, kuko ziri ku butumwa bwemewe n’amasezerano. Yemeza ko hari inzira ntoya cyane cyane ku nzego z’umutekano zisanzwe zifitanye imikoranire.

Ku kibazo cy’amakamyo y’abasirikare Congo ivuga ko ashobora kwinjira agatera Uvira, Bizimana yavuze ko u Burundi butazihanganira icyaricyo cyose cyahangabanya umutekano wacyo cyangwa w’ingabo zabwo. Ati: “Ntidushaka intambara, dushaka umubano mwiza n’abaturanyi. Ariko uzadusanga mu nzira — tuzamwitabara nta kuzuyaza.”

Ibi birego bishya bibaye mu gihe u Rwanda ruvuga ko rudatera inkunga AFC/M23, ahubwo ko rushyigikiye ibiganiro bya Doha bigamije gushaka umuti urambye ku bibazo bya Congo. Kugeza ubu, nta gisubizo u Rwanda ruratanga kuri ibi birego bishya bivuye i Bujumbura.

Previous Post

Ukuri kubyavugwaga ku ndege ya kajugujugu iherutse kugwa muri Tanganyika bikavugwa ko yaba yahanuwe na M23

Next Post

Ihuriro AFC/M23 ryagabweho ibitero na Drones z’igisirikare cya Congo (FARDC)

Next Post
Ihuriro AFC/M23 ryagabweho ibitero na Drones z’igisirikare cya Congo (FARDC)

Ihuriro AFC/M23 ryagabweho ibitero na Drones z'igisirikare cya Congo (FARDC)

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved