• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Norvège yohereje mu Rwanda Gasana François ushinjwa uruhare muri Jenoside

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 8, 2025
in Amakuru
0
Norvège yohereje mu Rwanda Gasana François ushinjwa uruhare muri Jenoside
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

U Rwanda rwakiriye Gasana François alias Dusabe Frank ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yakiriwe kuri uyu wa Gatanu, aho yoherejwe na Norvège, igihugu yari amazemo igihe.

Uyu mugabo yavutse mu 1972, avukira mu Kagali ka Gitabage, Umurenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yari mu Karere ka Ngororero akaba yari n’umunyeshuri muri Ishuri Ryisumbuye rya Save. Yoherejwe kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda.

Gasana yafatiwe mu Mujyi wa Oslo mu Ukwakira 2022, nyuma y’iperereza Ishami rya Polisi ya Norvège rishinzwe Ubugenzacyaha (Kripos) ryari rimaze igihe kinini rimukoraho.

Muri Nzeri 2023, Urukiko rwa Oslo rwanzuye ko Gasana yoherezwa mu Rwanda, gusa aza kujurira. Muri Mata 2024, Urukiko rw’Ubujurire rwashimangiye ko yoherezwa mu Rwanda.

Yongeye kujurira mu Rukiko rw’Ikirenga, muri Kamena 2024 na rwo rwemeza ko yoherezwa mu Rwanda, icyemezo cyashimangiwe na Minisiteri y’Ubutabera muri Gashyantare 2025 ndetse n’Inama y’Abaminisitiri.

Leta ya Norvège isobanura ko kohereza abakekwaho ibyaha nka Gasana biri mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye yo gukumira no kurwanya Jenoside.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin, yashimiye Norvège kubera kohereza abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Turashimira uburyo iki gihugu cyohereje Gasana Francois, twakoze inyandiko dusaba ko yakoherezwa mu Rwanda mu 2017. Ni igikorwa cyiza cyane tubona ko kigaragaza ubufatanye mu butabera no kugaragaza ko Norvège itazihanganira ko abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi bihisha mu gihugu cyabo.”

Nkusi yavuze ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Gasana yari umunyeshuri ariko uruhare rwe rugaragara mu bikorwa yakoze mu cyahoze ari Komini ya Kivumu muri Murambi.

Yavuze ko Gasana yagize uruhare kuko ubwe yiyiciye umwana w’Umututsi amuteye igisongo ndetse agira n’uruhare mu gushishikariza abandi gukora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu 2017, Norvège yohereje Bandora Charles kuri ubu uri gukora igihano cye cy’igifungo cy’imyaka 30 yakatiwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cya Jenoside.

Previous Post

Rubavu: Gitifu w’Akagali yatawe muri yombi

Next Post

Abavoka 21 bahagaritswe

Next Post
Umwavoka arakekwaho gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure

Abavoka 21 bahagaritswe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved