• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Nkunda u Rwanda cyane… ni mu rugo – Gen Muhoozi Kainerugaba

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 3, 2025
in Amakuru
0
Nkunda u Rwanda cyane… ni mu rugo – Gen Muhoozi Kainerugaba
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yongeye kuvuga ko afata u Rwanda nk’imuhira.

Yabigarutseho mu magambo yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ze aho yavuze ko akunda u Rwanda cyane ndetse arufata nko mu rugo.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Yakomeje agira ati “Nkunda u Rwanda cyane… ni mu rugo. Ariko by’umwihariko nkunda Data wacu ukomeye Perezida Kagame.”

Gen Muhoozi agaragaza kenshi ko akunda Perezida Kagame, akanamufata nk’umubyeyi. Amufata nk’umwe mu ntwari enye za Uganda, hamwe na Perezida Yoweri Museveni, Fred Gisa Rwigema na Salim Saleh.

Gen Muhoozi Kainerugaba aheruka mu Rwanda muri Werurwe 2025 ubwo yahagiriraga uruzinduko rw’akazi.

Mbere yo gukora urwo rugendo yari yabanje gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ze ko ari kurutegura ndetse yongera kuganzwa n’amarangamutima y’urwo akunda u Rwanda.

Ati “Nzajya nsura igihugu cyanjye cy’u Rwanda. Igihugu cy’Abachwezi.”

Gen Muhoozi Kainerugaba, yari aherutse gusubiza uwamunenze gushyigikira Perezida Paul Kagame, amubwira ko gushaka kuzimya Umukuru w’Igihugu ari ukwishora mu muriro.

Icyo gihe yagize ati “Afande Paul ntakeneye imitoma agira ibikorwa. Gushaka kumuzimya ni ukwishora mu muriro, kumurwanya ni ukuturwanya.”

Gen Muhoozi yatangaje ko kurwanya Perezida Kagame ari ikosa rikomeye, agaragaza ko afitanye isano na we.

Previous Post

Matata wabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC yahunze igihugu

Next Post

Umufana ukomeye w’Ikipe ya Mukura waruzwi nka ‘Mama Mukura’ yitabye Imana

Next Post
Umufana ukomeye w’Ikipe ya Mukura waruzwi nka ‘Mama Mukura’ yitabye Imana

Umufana ukomeye w’Ikipe ya Mukura waruzwi nka 'Mama Mukura' yitabye Imana

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved