• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Nishimwe Naomie yavuze ihungabana yahuye naryo nyuma yo kwibasirwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 3, 2025
in IMYIDAGADURO
1
Nishimwe Naomie yavuze ihungabana yahuye naryo nyuma yo kwibasirwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Miss Nishimwe Naomie, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2020, yatangaje ko yahuye n’ibihe bikomeye by’agahinda gakabije (“depression”) nyuma y’uko amanota ye mu kizamini cya Leta atari meza.

Uyu mukobwa yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko rw’abakobwa rusengera muri Women Foundation Ministries mu gikorwa cyiswe Girls Impact Gathering, cyabaye ku wa 2 Nzeri 2025, gifite insanganyamatsiko igira iti: “Empowered to Empower”.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Mu kiganiro cye, Miss Nishimwe Naomie yasobanuye urugendo rwe kuva mu marushanwa ya Miss Rwanda kugeza ubwo yegukanye ikamba, avuga ko ibyishimo byo gutsindira iri rushanwa byari byuzuye agahinda ubwo amanota ye mu kizamini cya Leta yasohokaga atari meza.

Yasoje amashuri yisumbuye mu 2019 ku ishami rya Maths, Economics and Geography (MEG) muri Glory Secondary School, aho yageze ku manota 13 kuri 73.

Yagize ati:“Twese twanyuze mu mashuri yisumbuye, hari abatsinze neza ariko hari n’abatsinzwe. Iyo amanota yanjye yasohotse, nibwo ibyishimo byo kuba Nyampinga byahindutse agahinda. Nibwiraga nti ‘Mana yanjye, natsindiye ikamba ariko amanota yanjye ntabwo ari meza”.

Miss Nishimwe Naomie yakomeje avuga ko abamucyurira ku mbuga nkoranyambaga bamwita “umuswa” byari ibintu byamukomereye cyane, cyane ko byari mu bihe bya COVID-19 aho atashoboraga gushyira mu bikorwa imishinga ye.

Ati: “Nabonye isi yose iri kuganira kuri jye, nanjye nari ntangiye kwitakariza icyizere. Hari ubwo nari nashyize amafoto ku mbuga nkoranyambaga abandi bakambwira bati ‘uri umuswa”.

Uyu mukobwa yavuze ko icyo gihe cyamufashije kwegera Imana no gusenga, bikamwibutsa ko yatoranyijwe mu bakobwa barenga ibihumbi bibiri kugira ngo atorwe nka Nyampinga w’u Rwanda. Yemeza ko nubwo yatsinzwe ikizamini cya Leta, hari ibindi byinshi ashoboye, kandi ko ku bufasha bw’Imana yagarutse mu cyizere ndetse ubu akaba ari urugero rwiza ku bantu benshi bamureberaho.

Previous Post

Michelle Yeoh wamenyekanye muri Cinema ku Isi ari mu Rwanda

Next Post

APR FC yitendetse ku gakanu ka Bamamuru FC

Next Post
APR FC yitendetse ku gakanu ka Bamamuru FC

APR FC yitendetse ku gakanu ka Bamamuru FC

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved