• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ngororero: Imodoka yaritwaye abagenzi yakoze impanuka igwa mu mugezi abantu 18 barakomereka

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 23, 2025
in Amakuru
0
Ngororero: Imodoka yaritwaye abagenzi yakoze impanuka igwa mu mugezi abantu 18 barakomereka
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abagenzi 18 bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka ya minibisi RAB 579H, yavaga mu isantere ya Kabaya yerekeza mu isantere ya Ngororero mu Karere ka Ngororero.

Ni impanuka yabereye mu Kagari ka Runyinya mu Mudugudu wa Marembo, aho iyo modoka yarenze umuhanda ikagwa hafi mu mugezi wa Nyahene, abagenzi bose n’umushoferi barakomereka, n’imodoka irangirika cyane.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Amakuru atangazwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Hindiro, Musabyimana Japhet, avuga ko iyo mpanuka ari iya kane ihabereye mu mezi atandatu ashize, hagakekwa ko abashoferi bahagera bamaze kwirara kubera ko ikoni riberamo izo mpanuka, riba ritagaragara neza.

Agira ati “Urebye mbere y’uko ugera ahabera izo mpanuka no muri uku kwezi, haguye imodoka yari itwaye abagororwa ibajyanye ku bitaro bya Kabgayi, iyo ugiye kuhagera hateye neza abashoferi bakiruka, bakagera muri iryo koni rikabatungura bakarenga umuhanda. Imiterere y’umuhanda no kwirara kw’abashoferi ni byo nyirabayazana w’izo mpanuka”.

Avuga ko muri izo mpanuka zose nta wahise uhasiga ubuzima, ariko impanuka ya Minibisi yo ku mugoroba wo ku wa 22 Kamena 2025, birakekwa ko umuntu umwe yaba yamaze kugwa mu bitaro bya Kabaya, naho abandi barembye bakaba barimo kwitabwaho.

Agira ati “Hari abarimo kwitabwaho ku bitaro bya Kabaya, hari n’abagiye koherezwa mu bitaro i Kigali. Turakeka ko haba hari uwamaze gupfa, hari n’aboherejwe ku bitaro bya Ruhengeri”.

Musabyimana asaba abakoresha umuhanda Ngororero-Mukamira kwitwararika mu makorosi yo mu misozi ya Hindiro na Kabaya, kuko ahabereye iyo mpanuka hateye nabi kandi bimaze kumenyerwa ko imodoka nyinshi zihagwa.

Previous Post

Nyamasheke: Umugabo yibye ibendera ry’igihugu ajya kurimanika mu giti

Next Post

Kayonza: Umugabo wasambanyije umwana we kuva afite imyaka 7 yatawe muri yombi

Next Post
Kayonza: Umugabo wasambanyije umwana we kuva afite imyaka 7 yatawe muri yombi

Kayonza: Umugabo wasambanyije umwana we kuva afite imyaka 7 yatawe muri yombi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved