• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ngoma: Yishwe ateraguwe ibyuma

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 21, 2025
in Amakuru
0
Ngoma: Yishwe ateraguwe ibyuma
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ndayisaba Jean Dedieu, w’imyaka 27 y’amavuko, utuye mu karere ka Ngoma ubwo yatahaga nijoro avuye guherekeza umushyitsi wari wamusuye yahuye n’abagizi ba nabi bamuteragura ibyuma baramwica.

Abaturanyi be babwiye itangazamakuru uko babimenye, umwe muri bo agira ati:

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

“Twamenye aya makuru mu masaha ya saa tatu z’ijoro ubwo mukuru wanjye utuye hakurya y’umuhanda yambwiraga ati ‘wamenye ko wa muhungu wo kwa Gasirabo bamwishe bamujombaguye ibyuma?’”

Bivugwa ko nyakwigendera yatewe icyuma mu ijosi, mu nda ndetse anakomereka mu mutwe.

Umugore wa nyakwigendera, mu gahinda n’amarira menshi, yagize ati: “Yagiye gucomeka radio kuko nta muriro tugira. Agezeyo yumvise ko APR na Mukura bigiye gukina, atangira gufana. Bambwira ko ari kwa Gasinga, ahantu haba televiziyo. Byageze nimugoroba ndamanuka, ngeze mu rugo numva arankinguje. Ndamubaza nti ‘ko utashye utariye?’ aransubiza ati ‘ba uretse, dufite umushyitsi turaza kuganira’. Barinjiye ndabagaburira, turasangira.

Uwo mushyitsi yabwiye umugabo wanjye ko ananiwe kandi atabasha gutaha. Turamubwira  tuti ‘ese ko nta nimero y’umugore wawe dufite, ngo tumubwira  ko waraye hano?’ aratubwira ati ‘telefoni nayisize mu rugo’.

Nyuma umugabo wanjye ambwira ko bashaka urusenda, nuko uwo mushyitsi abwira umugabo wange ati ‘mperekeza ntahe, ntararara mu rugo rw’undi mugabo’. Namubwiye nti ‘ndabona utanasinze kandi umeze neza, muherekeze umugeze ku muhanda hirya’. Nuko aramuherekeza saa tatu z’ijoro. Hashize umwanya telefoni irampamagara, barambaza bati ‘umugabo wawe ari mu rugo?’ ndabasubiza nti ‘yari aherekeje umuntu’. Bahise bambwira bati ‘ni we pe, hari umuntu uguye mu muhanda, ngwino urebe’. Nuko inkuru y’urupfu rwe ni ko yangezeho.”

Amakuru avuga ko bamwe mu bakekwaho kugira uruhare muri ubwo bwicanyi bafashwe kandi bamwe bamaze kwemera icyaha.

Se wa nyakwigendera yasabye Leta y’u Rwanda gufatira ibyemezo bikomeye abagizi ba nabi bakora ibikorwa nk’ibi.

Yagize ati:“Twamukuye mu buruhukiro bw’ibitaro, turamushyingura. Ariko abantu bakora ibyaha nk’ibi bakwiye kugarurwa mu mudugudu bakareba icyakorwa kugira ngo ibyo bikorwa bihagarare burundu.”

Ubwo itangazamakuru ryaganiraga n’Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Madamu Niyonagira Anathalie, yagize icyo asaba abaturage.

Yavuze ati:“Icy’ingenzi ni ukwirinda urugomo n’ubusinzi. Niba baranywa, banywe bike. Ntekereza ko urubyiruko rukwiye no kwirinda inzoga zitujuje ubuziranenge, kuko usanga ahanini ari zo zitera imyitwarire mibi. Turasaba abaturage kuzicikaho, bakajya banywa izemewe. Turihanganisha kandi umuryango wabuze umuntu, tubasaba gukomera no kwihangana. Turi kubaba hafi.”

Abose bakekwaho kugira uruhare muri uru rupfu bamaze gutabwa muri yombi, iperereza riracyakomeje.

Previous Post

Musanze: Umugabo yafatanywe umutwe w’inka yibwe bamubajije avuga ko avuye kuwugura

Next Post

Huye: Abaturage batangajwe no kubona moto yari iparitse ishya igakongoka nta kiyitwitse

Next Post
Huye: Abaturage batangajwe no kubona moto yari iparitse ishya igakongoka nta kiyitwitse

Huye: Abaturage batangajwe no kubona moto yari iparitse ishya igakongoka nta kiyitwitse

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved