• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ngoma: Umugabo yafungiye mugenzi we iwe amuziza ko amurimo ideni

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 6, 2025
in Amakuru
0
Ngoma: Umugabo yafungiye mugenzi we iwe amuziza ko amurimo ideni
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Nkundumukiza Fiston utuye mu Karere ka Ngoma ari gushakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo gusanga iwe mu rugo yarahafungiye undi muturage wari usanzwe amurimo ibihumbi 570 Frw, akamubwira ko azamufungura ari uko ayamuhaye.

Ibi byamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Gicurasi 2025. Byabereye mu Mudugudu wa Mukibimba mu Kagari k’Akagarama mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Uyu mugabo yari amaze iminsi ibiri afungiye mu rugo rwa mugenzi we.

Nkundumukiza Fiston w’imyaka 30 yari yarafungiwe iwe uwitwa Niyibizi Célestin w’imyaka 49 ukomoka mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Ndego.

Nkundumukiza asobanura ko ayo mafaranga yishyuza Niyibizi yayamwibiye mu Mujyi wa Kigali ubwo yamucururizaga inka kuko bari basanzwe bakorana. Kuva ubwo yahise amubura maze tariki ya 3 Gicurasi ajya kumushakisha iwabo mu Murenge wa Ndego amuzana kuri moto ahitamo kumufunga, akaba yari yaramubwiye ko azamufungura ari uko amwishyuye.

Inzego z’ibanze zifatanyije n’inzego z’umutekano zamenye aya makuru bajyayo baramufungura banamusaba kujya gutanga ikirego kuri RIB kugira ngo uyu mugabo wari wamufunze abiryozwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko amakuru yamenyekanye uwo mugabo wafunze mugenzi we adahari, asaba abaturage kwirinda kwihanira kuko bitemewe.

Ati “Ntabwo abaturage bafite uburenganzira bwo kwihanira kuko dufite inzego zishinzwe kubakemurira ibibazo, rero bagomba kuzigana zikabarenganura. Bakwiriye kugana RIB bagatanga ibimenyetso akaba ari nayo ibikurikirana.’’

Kugeza ubwo twakoraga inkuru uyu mugabo yari atari yafatwa kuko yahise aburirwa irengero.

Previous Post

Uwari Meya wa Nyanza agiye kwitaba urukiko

Next Post

Kamonyi: Umukozi w’Umurenge yatawe muri yombi

Next Post
Kamonyi: Umukozi w’Umurenge yatawe muri yombi

Kamonyi: Umukozi w'Umurenge yatawe muri yombi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved