• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Namibia: Umuriro watatse parike inyamanswa zibigenderamo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 29, 2025
in Amakuru
0
Namibia: Umuriro watatse parike inyamanswa zibigenderamo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Parike ya Etosha, n’mwe muri parike nini kandi zisurwa cyane muri Afurika y’Amajyepfo, iri mu majyaruguru ya Namibia, iminsi ishize yahuye n’inkongi ikaze yatangiye ku wa Mbere, tariki ya 22 Nzeli 2025.

Iyi parike Ibamo amoko 114 y’inyamaswa, harimo inkura z’umukara (“black rhinos”) ziri mu byago byo gushira ku isi, ndetse n’andi moko y’inyamabere n’inyoni nyinshi.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Umuriro watangiriye hanze y’imbibi za parike, ariko mu minsi mike wri wageze muri parike, wishe impongo icyenda, ndetse utwika aho  inyamaswa ziba, utwika ubwatsi mu turere twa Omusati na Oshana, duhana imbibi na Angola. Iyi nkongi imaze kwangiza hafi kimwe cya gatatu cy’ubutaka bwa parike, kingana na kilometero kare 7,700 (775,163 hegitari).

Leta ya Namibia yavuze ko inkongi ishobora kuba yaratewe n’ibikorwa byo gutwika amakara  hafi y’imbibi za parike.

Mu rwego rwo guhangana n’inkongi ikaze, abasirikare 500, indege za kajugujugu, n’amakamyo atwara amazi bamaze koherezwa, bari mu gikorwa cyo kuzimya umuriro, bafatanyije n’abapolisi n’abakorerabushake. Minisitiri w’intebe, Tjitunga Elijah Ngurare, yemeje ko bakomeza gukora ibishoboka kugirango inkongi  icike burundu.

Depite Likando Rodrick yagaragaje ko leta itari yiteguye bihagije guhangana n’inkongi, asaba ingamba z’igihe kirekire kugira ngo ibibazo nk’ibi bidakomeza.

Parike ya Etosha ifite ubuso bwa kilometero kare 22,935, kingana hafi n’ubw’u Rwanda cyangwa ubw’u Burundi, kandi isurwa na ba mukerarugendo bagera ku 200,000 buri mwaka.

Inzobere mu bidukikije zivuga ko imiriro y’agasozi ari ibisanzwe kandi igira uruhare mu gusana ubutaka no kugenzura imibereho y’ibinyabuzima, ariko igomba kugenzurwa neza kugira ngo itangize urusobe rw’inyamaswa n’ibidukikije.

Previous Post

Amerika: Umugabo yinjiye mu kiliziya arasa abakirisitu

Next Post

Rusizi: Abakecuru bigize abasabirizi bajya gusaba mu rugo rw’abandi basiga barusahuye

Next Post
Rusizi: Abakecuru bigize abasabirizi bajya gusaba mu rugo rw’abandi basiga barusahuye

Rusizi: Abakecuru bigize abasabirizi bajya gusaba mu rugo rw'abandi basiga barusahuye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved