• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Musanze: Yishe umugore we yijyana kuri Polisi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 12, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Urujijo ku murambo w’umugore babyutse basanga uri mu muhanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ndimubanzi Theobard w’imyaka 31 y’amavuko bakunze kwita Patu, yishyikirije Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze yemeza ko amaze kwica umugore we witwa Nyirambanjinka w’imyaka 30.

Abaturanyi b’uwo muryango mu Kagari ka Muhabura, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, bavuga ko batunguwe no kumva iyo nkuru kuko batakekaga ko akamkimbirane yabo babonaga yoroheje yari kuvamo kwicana.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Umwe mu baturage bo mu Kagari ka Muhabura yagize ati: “Bajyaga batongana bisanzwe bapfa ibintu natwe tutasobanukirwaga bakikiza bakiyunga. Ariko kubera ko banze no kuvuga ikibazo cyabo ngo tube twabagira inama ibibazo byabo barabyihereranye none reba havuyemo urupfu.”

Abo baturage banenga abacyumva ko ibibazo by’umuryango biba bigomba kuba ubwiru n’igihe biteje akaga karimo n’urupfu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Mwiseneza Jean Bosco, yemeza amakuru ubwo bwicanyi bwabaye mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Gicurasi 2025.

Yavuze ko iperereza rikomeje mu gihe ukekwaho kwivugana umugore we afungiye kuri SItasityo ya Polisi ya Kinigi.

Yakomeje agira ati: “Umurambo wa Nyiranambajinka wahise ujyanwa ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri, kugira ngo ukorerwe isuzuma.”

Polisi y’u Rwanda iragira inama abaturage bose gutangira amakuru ku gihe ku miryango ifitanye amakimbirane ashobora kuvamo kwicana kugira ngo icyaha gikumirwe kitaraba.

Previous Post

Bugesera: Umugabo yapfiriye mu Kagali bikekwa ko yishwe n’abanyerondo

Next Post

Nyarugenge: Abagore babiri barwanye bapfa umugabo umwe agirwa intere

Next Post
Nyarugenge: Abagore babiri barwanye bapfa umugabo umwe agirwa intere

Nyarugenge: Abagore babiri barwanye bapfa umugabo umwe agirwa intere

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved