• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Musanze: Umwana w’umwaka umwe yasanzwe mu ishyamba bamutabye igice cyo hasi basize umutwe

OMEGA BOY by OMEGA BOY
May 17, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Umwana w’umwaka umwe yasanzwe mu ishyamba bamutabye igice cyo hasi basize umutwe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Kimonyi Akagari ka Mbizi, Umudugudu wa Rugondo, habonetse umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’umwaka n’igice, atabye mu ishyamba igihimba hasigara umutwe, ku bw’amahirwe yatabawe atarapfa.

Byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Gicurasi, 2025 ubwo umugenzi wihitiraga yahageze yinjira gato muri iryo shyamba agiye kwiherera (kwihagarika) yumva ijwi ry’umwana urira.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ubwo yamugeragaho yasanze bamutabye igihimba hasigara umutwe gusa, atabaza inzego z’umutekano n’abayobozi akurwamo atarapfa.

Amakuru y’ibanze agaragaza ko uyu mwana yararanye n’ababyeyi, gusa ngo mu gitondo ubwo bakuru be bazindukaga bajya kuvoma basize akiryamye hamwe n’ababyeyi be, gusa ngo bavuyeyo basanze adahari.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimonyi, Kabera Canisius, avuga ko iperereza ry’ibanze ryakozwe hakekwa ababyeyi be, kuko bararanye na we nubwo kugeza ubu babihakana.

Yagize ati “Ni umwana w’umukobwa wo mu kigero cy’umwaka n’amezi arindwi, yabonetse mu gitondo, ngo abana babo bakuru babyutse bajya kuvoma basiga ababyeyi baryamye n’ako kana, Se akavuga ko na we yahise abyuka ajya kureba amakara, ariko ahita agaruka ngo asanga umwana ntawuhari.”

Gitifu akomeza avuga ko “Ngo yakomeje amushakisha aramubura, ariko yabonywe n’umuntu wigenderaga amubona atabye muri iryo shyamba, na we yamubonye akaseho gato agiye kwihagarika amubona arira ashaka kuvamo byamunaniye, aramutabariza akurwamo akiri muzima.”

Uyu muyobozi ashimira abaturage bihutiye gutanga amakuru ku gihe umwana agatabarwa vuba, abasaba gukomeza uyu muco no kuba ijisho rya buri wese, no gukumira ibyaha bitaraba n’aho babikeka bagatanga amakuru.

Kugeza ubu iperereza riracyakomeje, kuko bivugwa ko uyu muryango nta bibazo by’amakimbirane bari basanganywe, gusa ngo uyu mugabo afite abagore babiri uyu akaba yari umugore muto, ari nabo bakekwaho aya mahano.

Ubusanzwe uyu muryango utuye mu Murenge wa Busogo, gusa ahakorewe iki cyaha ni mu Murenge wa Kimonyi.

Previous Post

Musanze: Umushoferi yagonze umutandiboyi we

Next Post

Nyanza: Umukozi ukora mu Karere arafunzwe

Next Post
Nyanza: Umukozi ukora mu Karere arafunzwe

Nyanza: Umukozi ukora mu Karere arafunzwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved