Inkuru ibabaje yaturutse mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Nyange, aho Byiringiro Emmanuel w’imyaka 26 yasanzwe amanitse mu kiziriko mu rugo rwe ruherereye mu Mudugudu wa Kabagorozi, Akagari ka Ninda. Birakekwa ko yiyahuye, hakaba hari gukemangwa ko impamvu nyamukuru yaba ari amakimbirane ashingiye ku mitungo.
Amakuru atangwa n’abaturanyi avuga ko Byiringiro yari amaze iminsi mu makimbirane akomeye n’umubyeyi we, Mukamugema Martine, bapfa ubutaka. Uyu muryango ngo wari warananiwe kumvikana ku cyemezo cyo kumuhindurira ibyangombwa by’ubutaka, ibintu byanagize ingaruka ku mibanire ye n’umugore we, Ayingeneye w’imyaka 30.
Ayingeneye, umugore wa nyakwigendera, yavuze ko ubwo yageraga mu rugo ku mugoroba wo ku wa 18 Nzeri 2025 yahasanze umugabo we yamaze kwiyahura. Ati:
“Nasanze amanitse mu mugozi. Nibwira ko imbogamizi zo mu muryango n’izo ku mitungo zishobora kuba ari byo byamuteye gufata uwo mwanzuro. Yansabaga ko nanjye nzana umurima iwacu ariko ntabwo iwacu bafite ubutaka bwo kumuha. Ikindi yahoraga anywa inzoga kenshi, ibyo byose bishobora kuba byaramubabaje bikomeye.”
Abaturanyi na bo bemeza ko Byiringiro yari umuntu wari uzwiho kubana neza n’abandi ariko ngo nyuma yo kugirana amakimbirane n’umubyeyi we yahinduye imyitwarire. Nkundimana Jean Pierre yagize ati:
“Yari umuntu wicisha bugufi, ariko guhera igihe yatangiye kwishora mu bibazo by’imitungo yabaye undi muntu. Yakundaga gusinda, akagira uburakari bwinshi, kandi wabonaga ko afite umutima utuje.”
Uwase Claudine, undi muturanyi, yongeraho ati:“Twese twamubonaga nk’umuntu utuje ariko muri iyi minsi yaherukaga kugaragaza kwiheba. Hari ubwo yavugaga amagambo asharira abantu bakabifata nk’urwenya, nyamara yari ibimenyetso by’uko afite umutwaro mu mutima.”
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyange bwemeje iby’uru rupfu. Umunyamabanga Nshingwabikorwa, Tuyisenge Vedaste, yavuze ko iki kibazo cyababaje cyane, kandi ko byabaye ngombwa ko umurambo woherezwa ku bitaro bya Ruhengeri kugira ngo ukorerwe isuzumwa. Ati:
“Turakangurira abaturage kwirinda guheranwa n’ibibazo, cyane cyane ibirebana n’imitungo n’imibanire mu miryango. Ni ngombwa kwegera ubuyobozi n’inzego zishinzwe gukemura ibibazo aho gufata ibyemezo bihubutse.”
Mu mezi atatu ashize, mu Karere ka Musanze hagiye hagaragara imfu ziturutse ku kwiyahura n’ibindi byaha byakorewe mu ngo, bikaba bigaragaza ko ari ikibazo gikomeye gikeneye ibisubizo bihoraho.




