• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Musanze: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 14

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 14, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Umwana w’umwaka umwe yasanzwe mu ishyamba bamutabye igice cyo hasi basize umutwe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umugabo wo mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Kimonyi witwa Karekezi Olivier yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa yibyariye w’imyaka 14 y’amavuko.

Abaturage baganiriye na TV1 bagaragaje ko batewe agahinda n’ibyo uwo mugabo yakoze, bagasaba ko yakanirwa urumukwiye.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Ati “Nababajwe n’uko afashe umwana we, agahangara agafata umwana we akamusambanya, ndavuga nti buriya n’uwanjye ni ko yari kuzamugenza.”

Undi ati “Numvise ko yafashe umwana we w’umukobwa, byanciye intege kuva ko umuntu w’imyaka 40 ahemukira umwana w’imyaka 14 kandi afite umugore, iyo ajya gushaka n’undi aho gusambanya uwo mwana.”

Yakomeje ati “Njyewe ndi kumva mwamukatira burundu kuko ari nkanjye mba naramwishe akaba ari njyewe ufungwa”

Umugore w’uwo mugabo yasobanuye ko ari we wamufatiye mu buriri ari kumwe n’umwana we, agahitamo gutabaza kuko yananiwe kwiyumanganya.

Ati “Ninjiye mu cyumba, numva mu buriri harimo abantu babiri. Nikanze ko ari undi mugore yazanyemo, nsanga ni umwana we. Impamvu natabaje ni ukubera ko nabonye amuri hejuru, ari kumusambanya mbona ko ntabiceceka.”

Uwo mwana na we yasobanuriye TV1 ko se yamusambanyije ubwo yari amutumye igitambaro cyo kwihanagura amazi akamukurura, akamushyira ku buriri agahita atangira kamusambanya.

Ubwo umunyamakuru yamubaza niba ari ubwa mbere yari asambanyijwe na se, yasubije ko byari bibaye ku nshuro ya kabiri.

Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza mu Murenge wa Kimonyi ari na we uri kuwuyobora by’agateganyo, Dukundimana Jacqueline, yavuze ko uwo mugabo yahise atabwa muri yombi.

Ati “Yafashwe ari gusambanya umwana we. Ku makuru twahawe ni uko abaturage babihwishisaga ko ashobora kuba amusambanya ariko hakabura ibimenyetso.”

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange rigaragaza ko uhamijwe icyaha cyo gusambanya umwana ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25.

Iyo icyo cyaha cyakorewe umwana uri munsi y’imyaka 14 igihano kiba igifungo cya burundu kimwe n’iyo byaba byakorewe ufite hejuru yayo ariko bikamutera ubumuga cyangwa uburwayi budakira

Previous Post

Kigali: Abafite ibibanza bitubatse bashobora kubyamburwa

Next Post

ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z ‘U RWANDA

Next Post
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z ‘U RWANDA

ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z 'U RWANDA

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved