• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Musanze: Umuturage yaguye munsi y’ikiraro gikunze guteza impanuka

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 22, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Umusore yiyahuye kubera amakimbirane yo mu muryango
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri 2025, Ngendahimana John, w’imyaka 65, yasanzwe yapfiriye munsi y’ikiraro giherereye mu Mudugudu wa Mukinga, Akagari ka Kamisave, Umurenge wa Remera mu Karere ka Musanze. Birakekwa ko yaba yagize impanuka ubwo yageragezaga kwambuka icyo kiraro mu ijoro ryabanje.

Abaturiye ako gace bavuga ko icyo kiraro gihuza Umudugudu wa Mukinga n’uwa Gitega (Akagari ka Gasongero), kimaze igihe cyitirirwa impanuka bitewe n’imiterere mibi yacyo.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umukobwa wa nyakwigendera, Uwitugeneye Marie Jeanne, ni we wabonye umurambo bwa mbere ubwo yari agiye guhinga mu gitondo. Ati:

“Papa yari yari amaze umunsi ari mu murima w’ibigori, nyuma ajya ku isoko rya Mukinga ku mugoroba. Twamutegereje arataha biranga. Mu gitondo ni bwo namusanze munsi y’ikiraro, yashizemo umwuka. Birababaje cyane.”

Bamwe mu bakoresha kiriya kiraro bavuga ko atari ubwa mbere kigaragaraho impanuka. Umuturage umwe yagize ati:

“Abantu bamaze kugwamo inshuro nyinshi, bamwe bakavunika bikomeye. None kugeza ubwo gihitanye umuntu. Turifuza ko hakorwa ibishoboka byose kugira ngo cyubakwe neza.”

Nyirandikubwimana Consolée, uturanye na nyakwigendera, we ati:

“Twakomeje kugaragaza iki kibazo mu nzego z’ubuyobozi, ariko ntacyo byatanze. Urupfu rwa Ngendahimana rutwereka ko iki kiraro ari ikibazo gikomeye. Dusaba inzego bireba kutwitaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Twizerimana Clément, yemeje iby’uru rupfu, anihanganisha umuryango n’abaturage. Yagize ati:

“Twabuze Ngendahimana mu buryo bubabaje, bikomeye ku muryango we no ku baturage bose. Turongera gusaba abaturage kugira ubushishozi igihe banyura ahantu hashobora kubashyira mu kaga. Ariko natwe tugiye gukorana n’inzego zindi kugira ngo iki kiraro gikorerwe ibisubizo, by’igihe gito binyuze mu Muganda, ariko tugashaka n’umuti urambye.”

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri kugira ngo usuzumwe n’abaganga b’inzobere, hagaragazwe icyamwishe. Hari n’abaturage bakeka ko ashobora kuba yishwe hanyuma agatereranwa aho hantu, ariko inzego z’umutekano ziracyakora iperereza.

Previous Post

Perezida Kagame yasuye umuhanda wa Formula 1

Next Post

RDC: Ihuriro AFC/M23 ryigaruriye utundi duce

Next Post
RDC: Ihuriro AFC/M23 ryigaruriye utundi duce

RDC: Ihuriro AFC/M23 ryigaruriye utundi duce

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved