• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Musanze: Umubyeyi waruri konsa umwana yakubiswe n’inkuba ahita apfa

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 10, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Umubyeyi waruri konsa umwana yakubiswe n’inkuba ahita apfa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mushakimana Debola w’imyaka 25 y’amavuko, yakubiswe n’inkuba ubwo yarimo yonsa umwana yicaye mu cyumba cy’uruganiriro mu Mudugudu wa Kanyabirayi, Akagari ka Cyabagarura, Umurenge wa Musanze, Akarere ka Musanze.

Byabaye ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Kanama 2025, mu mvura idasanzwe yaguye irimo umuyaga mwinshi n’inkuba.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Uwo mubyeyi witabye Imana yashakanye na Hashakimana, inkuba ikaba yamukubise ari mu ruganiriro, ariko umwana yonsaga akaba we yarokotse nta n’icyo yabaye.

Abaturanyi ba Mushakimana na Hashakimana bavuga ko batunguwe n’urupfu rw’uwo mubyeyi, cyane ko inkuba yamukubise atari ahantu hashyira abantu mu kaga nk’aho bakoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga cyangwa munsi y’igiti.

Umwe mu baturanyi be yavuze ko imvura yari nyinshi cyane kandi ivanze n’umuyaga bikajyana n’urusaku rw’inkuba zakubitaga buri mwanya.

Yakomeje agira ati: “Twumvise ko Mushakimana inkuba yamukubise, ni ibintu bibabaje cyane. Nta kintu na kimwe twigeze tumenya cyaba cyatumye ahura n’iki kibazo, gusa tuzi ko mu bice byo hafi y’Ibirunga inkuba zikunze gukubita abantu n’amatungo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien, yemeje ko Mushakimana yashizemo umwuka akubiswe n’inkuba.

Agira ati: “Amakuru twamenye ni uko Mushakimana yakubiswe n’inkuba yakomotse ku mvura idasanzwe yaguye uyu mugoroba. Yari yicaye mu nzu, nta televiziyo yari afite ndetse nta telefone, bityo nta na kimwe umuntu yavuga ko cyaba cyateje iyi mpanuka.”

Yakomeje avuga ko ari ibyago bikomeye Akarere ka Musanze gahuye na byo, akomeza agira ati: “Turihanganisha umuryango we kandi turakomeza kuwuba hafi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yasabye abaturage kwitonda no kwirinda mu bihe by’imvura ikaze.

Yibukije kwirinda gusohoka mu mvura, kwitwara neza igihe imvura iguye, kwirinda kwitwikira imitaka irimo ibyuma hejuru, no kwirinda gukoresha televiziyo cyangwa kwitaba telefone mu gihe cy’imvura.

Yanasabye abubaka inzu gushyiraho imirindankuba kugira ngo barinde inyubako zabo n’abazirimo.

Previous Post

Amerika: Polisi yataye muri yombi umugore warumaze kuvura abantu barenga ibihumbi bine atarabyize

Next Post

Intare ziri muri Pariki y’Akagera zimaze kuba 62

Next Post
Intare ziri muri Pariki y’Akagera zimaze kuba 62

Intare ziri muri Pariki y'Akagera zimaze kuba 62

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved