• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Musanze: Inkongi y’umuriro yibasiye ubuhinikiro bw’umuturage burashya burakongoka

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 1, 2025
in Amakuru
0
Musanze: Inkongi y’umuriro yibasiye ubuhinikiro bw’umuturage burashya burakongoka
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu ijoro ryo ku wa 31 Kanama 2025, ubuhinikiro bw’ibirayi bw’umuhinzi Maniriho Jean d’Amour, wo mu Kagari ka Kampanga, Umurenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze, bwafashwe n’inkongi y’umuriro, bikekwa ko yatewe n’umuriro w’amashanyarazi. Ibyo byateje igihombo gikomeye cy’agaciro ka miliyoni zirenga 4 z’amafaranga y’u Rwanda.

Maniriho yavuze ko inkongi yateje igihombo gikomeye kitarimo gusa ibirayi. Yagize ati:“Natunguwe no kubona ubu buhunikiro bushya bugakongoka, ndakeka ko byatewe n’insinga zateye ikibazo. Igihombo cyanjye kirimo toni 3 z’ibirayi, ipombe zikoreshwa mu kuvura ibirayi, amabati, ibiti byubakishaga ubuhinikiro, udutanda twabaga dukikije ibirayi, ndetse n’ibikoresho bitandukanye n’imiti twifashishaga.”

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Polisi ku bufatanye n’abaturage bahise batabara, bituma izindi nzu zidafatwa n’inkongi. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignase Ngirabakunzi, yemeje iby’iyo nkongi kandi asaba abaturage kwitonda mu gukoresha amashanyarazi mu ngo zabo. Yagize ati: “Hari igihe abantu bakoresha inzu zabo ku buryo bunyuranye, urugero nko gucomeka firigo cyangwa ibindi bikoresho ku nsinga zidashoboye kwihanganira umuriro, ibyo bikaba byatera impanuka. Ni yo mpamvu twifuza ko buri wese akoresha abatekinisiye b’inzobere mu gushiraho amashanyarazi.”

Polisi y’u Rwanda irasaba abaturage kugira umuco wo kugenzura insinga z’amashanyarazi no kwitabaza inzobere igihe cyose bakenera gukoresha umuriro mu ngo zabo, mu rwego rwo kwirinda ibihombo no gukumira impanuka zituruka ku nkongi.

Previous Post

Nyaxo yateye imitoma umukunzi we bakundana anasangiza amafoto abafana be ku mbuga nkoranyambaga

Next Post

Musanze: Umwana w’uruhinja yatawe mu mugezi Imana ikinga akaboko

Next Post
Musanze: Umwana w’uruhinja yatawe mu mugezi Imana ikinga akaboko

Musanze: Umwana w'uruhinja yatawe mu mugezi Imana ikinga akaboko

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved