Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Musanze no mu nkengero zako bavuga ko bamwe mu bagore babo bumvise nabi ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bikaba byaratumye bamwe batangira kubahohotera no kubakubita. Aba bagabo bavuga ko bagorwa no kugaragaza ibibazo byabo kuko baba batinya gusekwa.
Umwe muri bo yagize ati:
“Nta mugabo ukivuga, inkoni zigiye kutwica. Twararembye, inkoni zaratwishe, twabuze aho dutabariza. Bo bavuga ko ari uburinganire, ariko twe nta jambo tugifite. Murabona se tuzajya he?”
Undi na we ati:
“Twarashize, abagore basuzugura abagabo. Kenshi umugore ataha nijoro agasanga umugabo yageze mu rugo. Iyo agukubise ntushobora kubivuga, nonese wari wabona umugabo uvuye mu rugo iwe ngo ajye kurega umugore ku muyobozi w’umudugudu? Baramuseka! iyo dukubiswe turaceceka.”
Ku ruhande rw’abagore, bamwe bemera ko koko hari abo ihame ry’uburinganire baryumvabnabi, bikabatera kudaha agaciro abagabo babo ndetse no kubasuzugura. Umwe muri bo yagize ati:
“Uburinganire bavuga ni uko umugabo akomeza kuba umugabo n’umugore akomeza kuba umugore. Si ugusuzugurana cyangwa guhohotera abo tubana na bo.”
Madame Mutoni Gatsinzi Nadine, Umuyobozi w’Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu iterambere ry’igihugu, avuga ko abagabo bahohoterwa bakwiye gutinyuka bagashaka ubufasha mu nzego z’ubutabera, kandi ko ababakozeho bagomba guhanwa n’amategeko kimwe n’abandi bose.
Yagize ati:
“Turashishikariza abagabo bahura n’ibibazo by’ihohoterwa kujya bagana inzego zibishinzwe. Hari igihe inzego zitabyitwaramo neza, ariko bikwiye gukosoka. Kuba umuntu yahohotewe akaba ari umugabo ntibikwiye gutuma atakirwa neza. N’umugore ukoze ihohoterwa arahanwa, kuko nta tegeko rivuga ko adahanwa. By’umwihariko, imyitwarire mibi irimo ubusinzi, kurwana cyangwa gusuzugura abo mubana ntabwo ari bwo buringanire n’ubwuzuzanye. Ihame ry’uburinganire ni ugusangira amahirwe n’uburenganzira mu byiza, si mu bibi.”
Nubwo ubuyobozi buvuga ko bwahagurukiye gushyira imbaraga mu kubaka umuryango utuje kandi utekanye, amakimbirane mu miryango akomeje kumvikana hirya no hino mu gihugu. Hari bamwe mu bagabo bemeza ko iyo ihohoterwa ribarenze bahitamo guhunga ingo zabo kubera guhohoterwa n’abagore babo bitwaje kumva nabi ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye.




