• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Muri Pariki ya Nyungwe habonetsemo uducurama twaherukaga kuboneka mu Rwanda mu 1981

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 28, 2025
in Amakuru
0
Muri Pariki ya Nyungwe habonetsemo uducurama twaherukaga kuboneka mu Rwanda mu 1981
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abashakashatsi babonye uducurama twitwa ‘Rhinolophus hilli’ muri Parike y’Igihugu ya Nyungwe turi mu dufite ibyago byo gushira ku Isi, basaba ko hashyirwaho gahunda yo kubungabunga uducurama aho tugaragara hose mu gihugu.

Aba bashakashatsi bavuze ko ari ubwa mbere babonye uducurama two muri ubu bwoko muri parike ndetse bwa mbere habonetse uducurama two mu bwoko bwa Damara Wolly mu Rwanda, twaherukaga kuboneka mu 1981.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umwarimu wigisha muri Kaminuza ya Maasai Mara, Paul Webala, yatangaje ko uducurama turi mu nyamabere zifite amoko menshi.

Yavuze ko mu bihugu amashyamba aba yarangijwe cyane usanga 40% by’inyamabere bafite ari uducurama tw’amoko atandukanye.

Muri Nzeri 2024 u Rwanda rwahuye n’icyorezo cya Marburg, ubushakashatsi bugaragaza ko cyakomotse ku ducurama two mu bwoko bwa Rousettus aegyptiacus.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umwobo wo mu kirombe cy’amabuye y’agaciro basanzemo utu ducurama wafunzwe kugira ngo tudakomeza kugira aho duhurira n’abantu.

Webala kuri ubu ari gukorana n’itsinda ry’Abanyarwanda bashakisha ahantu hose hari uducurama twa Rousettus aegyptiacus kugira ngo turindwe ariko hanirindwa ko twazongera gukwirakwiza ibyorezo mu baturage.

Biteganyijwe ko utu ducurama tuzashyirwaho ikoranabuhanga rya GPS rituma aho twimukiye hose hamenyekana.

Webala ati “Kurinda ubuvumo burimo uducurama mu Rwanda ni ngombwa cyane kuko kutwica twose byateza igihombo gikomeye.”

Abashakashatsi bagaragaza ko uducurama dufite akamaro kanini cyane kuko turya udukoko, tugafasha no mu kubangurira ibihingwa n’ibindi byinshi.

Uyu mugabo yavuze ko utu ducurama turi mu nzira zo kuzimira ku Isi iyo tubonetse biba ari ngombwa kwitabwaho.

Umuyobozi mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere ushinzwe itsinda ry’ubuvuzi bw’inyamaswa z’igasozi, Richard Muvunyi, yatangaje ko uducurama twose tudakwirakwiza indwara ya Marburg ariko hari gushyirwaho igice kidakorerwamo ibikorwa bya muntu kingana na metero 50 uvuye ahabonetse uducurama.

Ati “Turasaba abaturage gutera ibiti muri ibyo bice bikomye kugira ngo bifashe kwirinda guhura n’uducurama.”

Kugeza ubu mu Rwanda hamaze kuboneka uduce 80 turimo uducurama.

Previous Post

Esipanye: Polisi yafunze umugore wagurishije umwana we amyero 2000

Next Post

Nyagatare: Batunguwe no gusanga umuturage yaracukuye indake iwe

Next Post
Nyagatare: Batunguwe no gusanga umuturage yaracukuye indake iwe

Nyagatare: Batunguwe no gusanga umuturage yaracukuye indake iwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved