• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Muhanga: Umusore yari ajyanye inka ku isoko imurohamisha muri nyabarongo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 28, 2025
in Amakuru
0
Muhanga: Umusore yari ajyanye inka ku isoko imurohamisha muri nyabarongo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umusore witwa Kwizera Emmanuel, w’imyaka 19 y’amavuko, wo mu Mudugudu wa Muzamuzi, Akagari ka Gashorera, Umurenge wa Nyabinoni, Akarere ka Muhanga, yitabye Imana arohamye mu mugezi wa Nyabarongo ubwo yashoreraga inka ayijyanye mu isoko.

Amakuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibangu, Nsabimana François, avuga ko Kwizera yari avuye iwabo i Nyabinoni, ashoreye inka ayijyanye mu isoko ryo mu Karere ka Ngororero.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Bivugwa ko yari afite gahunda yo guhura n’umugabo wagombaga kumufasha kwambutsa inka ku kiraro cya Nyabarongo (Bourguet Bridge) giherereye mu Murenge wa Kibangu.

Gitifu Nsabimana asobanura ko inka yagiye yiruka igana ku mazi, maze Kwizera agerageza kuyikurura n’umugozi, ariko kubera ko inka yamurushaga imbaraga, iramukurura imujugunya mu mazi, ararohama.

Inka yo yabashije kwambuka ijya hakurya, ariko kugeza ubu ntiharamenyekana niba yagaruwe cyangwa yarageze mu isoko.

Nsabimana avuga ko inzego z’ibanze hamwe n’abaturage batangiye ibikorwa byo gushakisha umurambo kuva mu rukerera, ariko kugeza ku gicamunsi ntibarawubona.

Ati: “Turi kumwe na DASSO, ababyeyi be n’abazi koga, turacyashakisha umurambo kugira ngo ushyingurwe mu cyubahiro.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yemeje ayo makuru, avuga ko abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi (Marines) bamaze kubimenyeshwa kandi batangiye ibikorwa byo gushaka umurambo.

Yasabye abaturage kwirinda kujya mu mazi cyangwa kuyambukiramo amatungo, cyane muri ibi bihe by’imvura, kuko bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

CIP Kamanzi kandi yibukije abaturage ko gutangira amakuru ku gihe bifasha mu gutabara hakiri kare no gukumira impanuka nk’izi.

Previous Post

Kenya: Indege yari itwaye abantu 12 yakoze impanuka

Next Post

Umubyinnyikazi Sherrie Silver ntakozwa ibyo gushaka umugabo

Next Post
Umubyinnyikazi Sherrie Silver ntakozwa ibyo gushaka umugabo

Umubyinnyikazi Sherrie Silver ntakozwa ibyo gushaka umugabo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved