Ku wa 11 Kanama 2025, itangazamakuru ryamenye inkuru ibabaje y’umugore w’imyaka 58 ukomoka mu mudugudu wa Mugari, akagari ka Rubyino, umurenge wa Kibangu, mu karere ka Muhanga, uri mu bitaro bya Nyabikenke nyuma yo gufatwa ku ngufu n’abasore bane bamusanze mu nzira ataha nijoro.
Uwo mugore yavuze ko ibyo byabaye ku wa 7 Kanama 2025, ubwo yari avuye mu rugendo ajya iwe nijoro.
Yagize ati:“Bamwe barankubise abandi bajya hejuru yanjye baransambanya ku gahato. Udukingirizo bakoreshaga baturekaye aho, ngerageza kwirwanaho biranga. Kubera ko bankubise, nkanegekara Ariko narababonye n’amaso yanjye, bari abasore bane.”
Yakomeje avuga ko ubwo yafashwe ku ngufu yagerageje kwirwanaho akaruma umwe ururimi:
Ati“Icyo natekereje icyo gihe ni ukwihagararaho, ndamuruma ururimi turarufata turujyana kuri RIB.”
Tuyishime Vedaste, Umukuru w’Umudugudu wa Mugari, yabwiye itangazamakuru ko abaturage yafatanyije nabaturage bamujyanye ku bitaro bya Nyabikenke bamusanze mu muhanda arembye.
Yagize ati: “Twahasanze udukingirizo tune twakoreshejwe ndetse tubona n’igice cy’inyama cy’ururimi.”
Mu gihe itangazamakuru ryakoraga iperereza, ryageze ku musore w’imyaka 21 wo mu kagari ka Jurwe mu murenge wa Kibangu, bivugwa ko ari umwe mu bakekwaho iki gikorwa. Uyu musore yemeye ko ururimi rwe rwaciwe n’uwo mugore, ariko avuga ko we bari bumvikanye gukorana mibonano, hanyuma undi musore akaza gufata uwo mugore ku ngufu.
Yagize ati: “Mugenzi wanjye we yahise amusambanya ku ngufu. Yari yasinze. Njye nari numvikanye n’uwo mugore mbere, ariko nkiri kumwe na bo, nagiye kumukoraho ahita aruma ururimi. Ariko narintarabikora.”
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yahamirije itangazamakuru ku itariki ya 10 Kanama ko iperereza ryatangiye, kandi ko abasore babiri bakekwaho icyaha bafashwe bakaba barashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Yagize ati: “Urumwe ururimi yararwaciwe, we na mugenzi we barafashwe kandi ubu bari mu maboko ya RIB.”
Amategeko y’u Rwanda mu ngingo ya 134 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, avuga ko:
“Umuntu wese ukorana n’abandi kurenza umwe bagafatanya gukora imibonano mpuzabitsina ku gahato, ahanishwa igifungo cya burundu.”




